Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Centrafrique: Ingabo Na Polisi Y’u Rwanda Nabo Bitabiriye Amatora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Centrafrique: Ingabo Na Polisi Y’u Rwanda Nabo Bitabiriye Amatora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 July 2024 1:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bakorera muri Centrafrique nabo bitabiriye amatora ya Perezida wa Repubulika n’aya Abadepite yabaye kuri iki Cyumweru ku Banyarwanda baba mu mahanga.

Mu masaha ya kare cyane nibwo Abanyarwanda baba hirya no hino ku isi batangiye kujya gutora.

Amakuru avuga ko Umunyarwandakazi witwa Mbabazi wo muri New Zealand ari we wabibumbiriye Abanyarwanda bose gutora.

Mu Rwanda ho amatora azaba kuri uyu wa Mbere taliki 15, Nyakanga, 2023 abaturage bakaba bariraye ku kababa.

Mu mwaka wa 2027 uwabaye uwa mbere gutorera mu Rwanda yari umugore wo mu Karere ka Burera.

Ku rubuga nkoranyambaga rwa X hari amafoto yerekana Abanyarwanda bo mu bihugu bitandukanye by’isi bajya mu matora.

Abapolisi nabo batoye

Harimo abo mu Arabie Saoudite, Senegal, Ubuholandi, Ubudage, Ubwongereza, Austalia, Singapore, Ububiligi, Ubufaransa, Ubutaliyani, Tanzania, Kenya, Uburundi, Uganda, Sweden, Ubushinwa.

Taliki 15, Nyakanga, 2024 nibwo Abanyarwanda baba mu Rwanda imbere bari butangire gutora Umukuru w’igihugu n’Abadepite.

Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora Oda Gasinzigwa yashimye abakandida bose uko bitwaye muri iyi minsi yose yo kwiyamamaza.

Gasinzigwa yabwiye RBA ati: “ Turishimira uko ibikorwa byo kwiyamamaza byagenze muri rusange, tukaba tunaboneyeho gushimira abakandida bagiye muri iki gikorwa kuko ibyo bakoze byari bikurikije amategeko. Turashimira n’Abanyarwanda uko babyitwayemo kuko babikoze mu mutuzo”.

Asaba abari abakandida ndetse n’amashyaka yari yarabatoranyije ngo bayahagararire mu kwiyamamaza, ko nta bindi bikorwa ibyo byose byo kwiyamamaza bemerewe kongera gukora, aho baba babikoreye hose.

Ku byerekeye uko Abanyarwanda baba mu mahanga bari butore, Komisiyo y’igihugu y’amatora ivuga ko ibikenewe byose ndetse n’abakozi bayo byamaze kugera mu bihugu babamo.

Sites z’itora zarateguwe, udusanduku two gutoreramo twamaze kuboneka ndetse n’abakorera bushake b’iyi Komisiyo bazayifasha mu kugenzura uko ibintu bizagenda nabo bagezeyo.

Oda Gasinzigwa avuga ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazatora Perezida wa Repubulika banatore Abadepite 53 bonyine kuko abandi Badepite barimo abahagarariye abagore, urubyiruko n’abafite ubumuga batorerwa imbere mu Rwanda.

Abo badepite 27 bazatorwa ku wa Kabiri taliki 16, Nyakanga, 2024.

Amatora yo kuri uyu wa Mbere azatangira saa moya za mu gitondo arangire saa cyenda n’amanywa.

Komisiyo y’amatora ivuga ko bitarenze mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere hazatangazwa uko ibintu byifashe muri rusange; hakazabanza kurebwa amanota ku bahatanira umwanya w’Umukuru w’igihugu.

TAGGED:AbanyarwandaAmatorafeaturedKomisiyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yavuze Ko Kuba Ingabire Aba Mubapfobya Jenoside Amaherezo Ye Atazaba Meza
Next Article Kagame Yatonze Umurongo Nk’Abandi Baturage Bari Baje Gutora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?