Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Centrafrique: Ingabo Na Polisi Y’u Rwanda Nabo Bitabiriye Amatora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Centrafrique: Ingabo Na Polisi Y’u Rwanda Nabo Bitabiriye Amatora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 July 2024 1:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bakorera muri Centrafrique nabo bitabiriye amatora ya Perezida wa Repubulika n’aya Abadepite yabaye kuri iki Cyumweru ku Banyarwanda baba mu mahanga.

Mu masaha ya kare cyane nibwo Abanyarwanda baba hirya no hino ku isi batangiye kujya gutora.

Amakuru avuga ko Umunyarwandakazi witwa Mbabazi wo muri New Zealand ari we wabibumbiriye Abanyarwanda bose gutora.

Mu Rwanda ho amatora azaba kuri uyu wa Mbere taliki 15, Nyakanga, 2023 abaturage bakaba bariraye ku kababa.

Mu mwaka wa 2027 uwabaye uwa mbere gutorera mu Rwanda yari umugore wo mu Karere ka Burera.

Ku rubuga nkoranyambaga rwa X hari amafoto yerekana Abanyarwanda bo mu bihugu bitandukanye by’isi bajya mu matora.

Abapolisi nabo batoye

Harimo abo mu Arabie Saoudite, Senegal, Ubuholandi, Ubudage, Ubwongereza, Austalia, Singapore, Ububiligi, Ubufaransa, Ubutaliyani, Tanzania, Kenya, Uburundi, Uganda, Sweden, Ubushinwa.

Taliki 15, Nyakanga, 2024 nibwo Abanyarwanda baba mu Rwanda imbere bari butangire gutora Umukuru w’igihugu n’Abadepite.

Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora Oda Gasinzigwa yashimye abakandida bose uko bitwaye muri iyi minsi yose yo kwiyamamaza.

Gasinzigwa yabwiye RBA ati: “ Turishimira uko ibikorwa byo kwiyamamaza byagenze muri rusange, tukaba tunaboneyeho gushimira abakandida bagiye muri iki gikorwa kuko ibyo bakoze byari bikurikije amategeko. Turashimira n’Abanyarwanda uko babyitwayemo kuko babikoze mu mutuzo”.

Asaba abari abakandida ndetse n’amashyaka yari yarabatoranyije ngo bayahagararire mu kwiyamamaza, ko nta bindi bikorwa ibyo byose byo kwiyamamaza bemerewe kongera gukora, aho baba babikoreye hose.

Ku byerekeye uko Abanyarwanda baba mu mahanga bari butore, Komisiyo y’igihugu y’amatora ivuga ko ibikenewe byose ndetse n’abakozi bayo byamaze kugera mu bihugu babamo.

Sites z’itora zarateguwe, udusanduku two gutoreramo twamaze kuboneka ndetse n’abakorera bushake b’iyi Komisiyo bazayifasha mu kugenzura uko ibintu bizagenda nabo bagezeyo.

Oda Gasinzigwa avuga ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazatora Perezida wa Repubulika banatore Abadepite 53 bonyine kuko abandi Badepite barimo abahagarariye abagore, urubyiruko n’abafite ubumuga batorerwa imbere mu Rwanda.

Abo badepite 27 bazatorwa ku wa Kabiri taliki 16, Nyakanga, 2024.

Amatora yo kuri uyu wa Mbere azatangira saa moya za mu gitondo arangire saa cyenda n’amanywa.

Komisiyo y’amatora ivuga ko bitarenze mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere hazatangazwa uko ibintu byifashe muri rusange; hakazabanza kurebwa amanota ku bahatanira umwanya w’Umukuru w’igihugu.

TAGGED:AbanyarwandaAmatorafeaturedKomisiyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yavuze Ko Kuba Ingabire Aba Mubapfobya Jenoside Amaherezo Ye Atazaba Meza
Next Article Kagame Yatonze Umurongo Nk’Abandi Baturage Bari Baje Gutora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?