Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Centrafrique: Ingabo Na Polisi Y’u Rwanda Nabo Bitabiriye Amatora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Centrafrique: Ingabo Na Polisi Y’u Rwanda Nabo Bitabiriye Amatora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 July 2024 1:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bakorera muri Centrafrique nabo bitabiriye amatora ya Perezida wa Repubulika n’aya Abadepite yabaye kuri iki Cyumweru ku Banyarwanda baba mu mahanga.

Mu masaha ya kare cyane nibwo Abanyarwanda baba hirya no hino ku isi batangiye kujya gutora.

Amakuru avuga ko Umunyarwandakazi witwa Mbabazi wo muri New Zealand ari we wabibumbiriye Abanyarwanda bose gutora.

Mu Rwanda ho amatora azaba kuri uyu wa Mbere taliki 15, Nyakanga, 2023 abaturage bakaba bariraye ku kababa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu mwaka wa 2027 uwabaye uwa mbere gutorera mu Rwanda yari umugore wo mu Karere ka Burera.

Ku rubuga nkoranyambaga rwa X hari amafoto yerekana Abanyarwanda bo mu bihugu bitandukanye by’isi bajya mu matora.

Abapolisi nabo batoye

Harimo abo mu Arabie Saoudite, Senegal, Ubuholandi, Ubudage, Ubwongereza, Austalia, Singapore, Ububiligi, Ubufaransa, Ubutaliyani, Tanzania, Kenya, Uburundi, Uganda, Sweden, Ubushinwa.

Taliki 15, Nyakanga, 2024 nibwo Abanyarwanda baba mu Rwanda imbere bari butangire gutora Umukuru w’igihugu n’Abadepite.

Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora Oda Gasinzigwa yashimye abakandida bose uko bitwaye muri iyi minsi yose yo kwiyamamaza.

- Advertisement -

Gasinzigwa yabwiye RBA ati: “ Turishimira uko ibikorwa byo kwiyamamaza byagenze muri rusange, tukaba tunaboneyeho gushimira abakandida bagiye muri iki gikorwa kuko ibyo bakoze byari bikurikije amategeko. Turashimira n’Abanyarwanda uko babyitwayemo kuko babikoze mu mutuzo”.

Asaba abari abakandida ndetse n’amashyaka yari yarabatoranyije ngo bayahagararire mu kwiyamamaza, ko nta bindi bikorwa ibyo byose byo kwiyamamaza bemerewe kongera gukora, aho baba babikoreye hose.

Ku byerekeye uko Abanyarwanda baba mu mahanga bari butore, Komisiyo y’igihugu y’amatora ivuga ko ibikenewe byose ndetse n’abakozi bayo byamaze kugera mu bihugu babamo.

Sites z’itora zarateguwe, udusanduku two gutoreramo twamaze kuboneka ndetse n’abakorera bushake b’iyi Komisiyo bazayifasha mu kugenzura uko ibintu bizagenda nabo bagezeyo.

Oda Gasinzigwa avuga ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazatora Perezida wa Repubulika banatore Abadepite 53 bonyine kuko abandi Badepite barimo abahagarariye abagore, urubyiruko n’abafite ubumuga batorerwa imbere mu Rwanda.

Abo badepite 27 bazatorwa ku wa Kabiri taliki 16, Nyakanga, 2024.

Amatora yo kuri uyu wa Mbere azatangira saa moya za mu gitondo arangire saa cyenda n’amanywa.

Komisiyo y’amatora ivuga ko bitarenze mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere hazatangazwa uko ibintu byifashe muri rusange; hakazabanza kurebwa amanota ku bahatanira umwanya w’Umukuru w’igihugu.

TAGGED:AbanyarwandaAmatorafeaturedKomisiyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yavuze Ko Kuba Ingabire Aba Mubapfobya Jenoside Amaherezo Ye Atazaba Meza
Next Article Kagame Yatonze Umurongo Nk’Abandi Baturage Bari Baje Gutora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?