Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CHOGM: Muri Kigali Hari Abiyemeje Kuzajya Bakora Amasaha Yose Y’Umunsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

CHOGM: Muri Kigali Hari Abiyemeje Kuzajya Bakora Amasaha Yose Y’Umunsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2022 6:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kuzaha serivisi nziza abazitabira Inama ya CHOGM izatangira taliki 21, ikazageza taliki 26, Kamena, 2022 abakorera ku giti cyabo bavuga ko bashyizeho uburyo bwo kuzakora amasaha yose agize umunsi kugira ngo hatazagira umushyitsi ikenera Serivisi akayibura.

N’ubwo hari bamwe babwiye RBA ko impamvu yatumye Abanyarwanda muri rusange bamenyera gutaha kare ari kubera gahunda z’umukwabo( couvre feux cyangwa curfew) yazanywe na COVID-19, ariko mu by’ukuri na mbere yayo Abanyarwanda ntibakundaga gucyesha bari mu kazi.

Cyeretse mu tubari no mu tubyiniro.

Ubusanzwe bisa n’aho bagira amasaha amwe adakuka yo gukora gahunda runaka ubundi bikarangira.

Mu gitondo abantu bazinduka bajya ku kazi, saa sita kugeza saa munani bakaba bari mu kiruhuko, hanyuma saa kumi n’imwe z’umugoroba kugeza saa moya, abakozi hafi ya bose bagataha kandi ibi bigaragarira mu muvundo w’imodoka ziba ziri mu mahuriro y’imihanda nayo idahindagurika.

Hari amasaha ibinyabiziga biba ari byinshi mu mihanda yamenyerewe kandi hari indi yakoreshwa bikagabanya umuvundo mu mihanda

Kugira ngo akamenyero ko gukora amasaha yose y’umunsi gashinge imizi bizasaba ko abakoresha bashyiraho ingengabihe y’akazi n’abakozi bahagije kugira ngo bahane igihe cyo kuruhuka no gukora kandi umushahara ukajya ubonekera igihe nk’uko wemeranyijweho.

Ibi bizatuma abakozi bakora koko amasaha yose, batange umusaruro cyane cyane ko umutekano wo usanzwe uhari mu Rwanda kandi mu buryo buhoraho.

Ikindi gikomeye kandi kigomba kuzitabwaho niba koko gukora amasaha 24 mu minsi irindwi bigomba kuba ihame mu mikorere y’Abanyarwanda ni uko amashanyarazi agomba guhoraho kandi akaba ahagije.

Kugenda no kugaruka by’amashanyarazi bya  hato na hato nabyo bidindiza ubucuruzi bigatuma abaka serivisi bijujuta.

Hari n’igihe amashanyarazi aba ahari ariko ugasanga abashinzwe kuyagura barangaye kugeza ubwo ashize, hanyuma ibyayakoreshwaga bikaba bihagaze mu gihe bari gushyiramo andi.

Ibi bikunze kugaragara ahacururiwa ikawa yo kunywa cyangwa ahatangirwa serivisi zifashisha murandasi nko ku IREMBO.

Ku byerekeye kwiyemeza kuzakora amasaha yose muri CHOGM abacuruzi bavuga ko mu rwego rwo kwitegura abashyitsi bazitabira iriya nama  biteguye kongera amasaha yo gukora.

Urugaga rw’abikorera mu Rwanda rwemeza ko hari inama  bagiranye inama n’abacuruzi batanga serivisi, bemeranya ko bose bafite gahunda yo gukora amasaha yose kugira ngo abazakenera serivise iyariyo yose bazayibone kandi igihe cyose bayishakiye.

Ibi kandi babisabwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa.

Rubingisa yasabye abatanga serivisi zitandukanye kuzabyaza umusaruro aya mahirwe yo kuba iyi nama ya CHOGM izabera mu Rwanda.

Inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bagize uriya muryango bazaza mu Rwanda mu nama izamara Icyumweru.

Izitabirwa n’abantu bagera ku 6000.

Hagati aho mu Mujyi wa Kigali imyiteguro irakomeje kandi nk’uko Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence  Rubingisa aherutse kubyemeza, igeze ku musozo.

Aha hantu abagenzi bazajya bategerereza haracyatunganywa ngo CHOGM izasange ibintu byose bihari

Icyakora birashoboka ko hari bimwe bizaba bitararangira iyo urebye aho bigeze byubakwa kandi ukibuka ko iyo bwije Abanyarwanda bitahira bakazagaruka mu kazi bucyeye!

Minisetiri y’abakozi ba Leta n’umurimo igomba kureba niba nta bibangamira Abanyarwanda mu mikorere yabo kugira ngo bikurweho bityo babyaze amasaha yose y’umunsi umusaruro. Uyu ni Minisitiri Fanfan Rwanyindo Kayirangwa.
TAGGED:AbacuruziAbakoziCHOGMfeaturedInamaKigaliRubingisa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Ari Muri Leta Zunze Ubumwe Z’Abarabu
Next Article Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Leta Ziyunze Z’Abarabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?