Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 September 2025 8:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Intumwa y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye i Geneva mu Busuwisi Urujeni Bakuramutsa Feza.
SHARE

Intumwa y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye i Geneva mu Busuwisi Urujeni Bakuramutsa Feza yavuze ko kuba Repubulika ya Demukarasi ya Congo yavuze ko igihugu cye gikorera Jenoside ku butaka bwayo ari ibinyoma kandi ibyo yavuze byabaye kurenga umurongo utukura.

Yabwiye abagize Akanama ka Umuryango w’Abibumbye gashinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, UN Human Rights Council, ko badakwiye guha agaciro ibyo Kinshasa ivuga ku Rwanda kuko bidahura n’igisobanuro mpuzamahanga cya Jenoside nyirizina.

Mu Nama ya 60 y’aka Kanama, Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa Feza yasabye abayitabiriye ahubwo gushyira imbaraga mu gusaba ko ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo buhagarika ibikorwa bibi bukorera abaturage babwo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ibyo ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo buvuga by’uko u Rwanda rukora Jenoside, bubishingira kuri bimwe mu bikubiye muri raporo yakozwe n’impuguke zahawe akazi n’Umuryango w’Abibumbye by’uko ingabo zarwo zifashije AFC/M23 kwica abasivile 319 abandi 169 bagakomereka mu byabereye muri Rutshuru ku itariki 09 n’itariki 21, Nyakanga, 2025.

Ibi u Rwanda rwarabihakanye, ruvuga ko nta shingiro ryabyo ahubwo ko hakwiye gushyirwaho itsinda ryabikoraho iperereza mu buryo butagize aho buhengamiye.

Mu gusobanura uko u Rwanda rwakiriye ibyo Repubulika ya Demukarasi ya Congo irushinja, Ambasaderi Urujeni yagize ati: “ Ibyo bavuze k’u Rwanda, rwabifashe nko kurenga umurongo utukura. Jenoside ni icyaha gisobanurwa n’amategeko mpuzamahanga kandi kugeza ubu ibyo bavuga ku gihugu cyanjye ntaho bihuriye n’icyo kintu. Ntituzigera na rimwe twemera ko ibyo badushinja bikomeza kuvugwa hanyuma abagize aka Kanama ngo baterere agati mu ryinyo.”

Yajoye abakoze raporo ishinja u Rwanda gukora Jenoside bagize ikiswe UN Fact-Finding Mission, avuga ko bashingiye ku makuru acagase, ubusanzwe atari akwiye gushingirwaho ngo hakorwe raporo ikomeye bene kariya kageni.

Urujeni kandi avuga ko abaha agaciro ibiri muri iyo raporo birengagiza nkana akaga FDLR iteje u Rwanda.

Kuba igizwe na bamwe basize bakoreye Abatutsi Jenoside mu mwaka wa 1994 n’abandi basangiye ingengabitekerezo yayo ni ikintu Ambasaderi Urujeni Bakurambutsa Feza yemeza ko cyagombye gutuma uwo mutwe ukurwaho.

Mu gusobanura ibyo asanga bidahwitse muri iriya raporo ya UN, avuga ko iyo uyinonosoye usanga bavugamo M23 inshuro 110  naho RDF  bakayivuga inshuro 65 mu gihe ingabo za DRC zivugwa inshuro 42 naho urubyiruko rukorana nazo mu kugirira nabi abavuga Ikinyarwanda bo muri kiriya gihugu rwitwa Wazalendo bakavugwa inshuro 43, FDLR ikavugwa inshuro 15 zonyine.

Iyo mibare asanga idashyize mu gaciro, ikerekana ko abayikoze bashingiye ku byo bari basanzwe bemera aho gushingira k’ukuri.

Ati: “ Ibi birerekana ko abakoze iriya raporo babogamiye ku bintu bari basanzwe bemera, ntibanashyira muri raporo yabo imitwe260 y’inyeshyamba zikorera muri Burasirazuba bwa DRC kandi zikorana n’abacanshuro.”

Kuba muri iyo raporo ntahagaragaza urwango n’ihohoterwa ririmo no kwicwa bikorerwa abaturage ba DRC bo mu bwoko bw’Abatutsi, nabyo Urujeni asanga bidahwitse.

Ashingiye ku gihe zihamaze n’ibihakorerwa, yaboneyeho kubaza abari bamuteze amatwi akamaro k’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri DRC.

Asanga kuba hashize imyaka 20  izi ngabo ziri yo ariko abantu bakaba bakicwa bazira ubwoko, ururimi n’inkomoko yabo kandi abenshi muri bo ari abasivili, bigaragaza ko impamvu yazijyanye yo ikwiye gusubirwamo.

Ibyo gushinja u Rwanda gukora Jenoside, yongeye gusaba UN n’abandi bose ko bakwiye kubireka kuko ari ukurutoneka nk’igihugu kizi ububi bw’icyo cyaha kuko cyatakaje abaturage bacyo bayizize mu mwaka wa 1994.

TAGGED:AkanamaBakuramutsaCongofeaturedJenosideRwandaUrujeni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro
Next Article FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Yabwiye UN Ko Igihe Kigeze Afurika Igahagararirwa Mu Kanama Kayo K’Umutekano

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Urubyiruko Mu Rwanda Ruranywa Itabi Ku Rugero Runini

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

You Might Also Like

IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Ivuga Ko Isiganwa Rya UCI Ryasukuye Ikirere Cya Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUmutekano

RIB Yavumbuye Amayeri Akomeye Bakoresha Biba Amadolari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?