Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: COVID-19 Yaturutse Ahandi Hatari I Wuhan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

COVID-19 Yaturutse Ahandi Hatari I Wuhan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 February 2021 3:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’iperereza impuguke z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi ryari rimaze iminsi rikorera muri Wuhan, ryatangaje ko nta bimenyetso ryabonye ryakwemeza ko COVID-19 yakomotse muri uriya mujyi.

Mbere byari byaravuzwe cyane ko iriya virus yakomotse mu bikoko bwariwe n’abaturage babihashye mu isoko ry’inyamaswa riri i Wuhan, abandi bakavuga ko iriya virus yaturutse muri kigo cy’ubushakashatsi muri za Virus kiri muri Wuhan.

Abahanga ba WHO bavuze ko ‘bishoboka cyane’ ko iriya virus yari iri mu bindi bice by’u Bushinwa mbere y’uko igera i Wuhan.

Iby’uko yaturutse muri labo y’i Wuhan byo ngo nta shingiro basanze bifite.

Ibyo batangaje bisize biteye urujijo mu batuye Isi kuko bakibaza ‘aho iriya virus yaba yarakomotse mu by’ukuri.’

Dr Peter Ben Embarek wayoboye ririya tsinda yagize ati: “ Iby’uko iriya virus yaturutse muri laboratoire y’i Wuhan byo twasanze tutabishingiraho, ahubwo tuzabwira abadutumye ko bashakira ahandi.”

Dr Embarek  avuga ko hari andi makuru babonye ariko ko yabahaye indi sura ya kiriya cyorezo, itarimo iby’i Wuhan.

Umujyi wa Wuhan niwo byari bisanzwe bivugwa ko wakomotsemo icyorezo COVID-19.

Icyo gihe hari mu mpera z’umwaka wa 2019.

Abahanga ba WHO bageze mu Bushinwa tariki 14, Mutarama, 2021 boherejwe gushakisha ngo barebe koko niba COVID-19 yaraturutse muri uriya mujyi.

 

TAGGED:COVID-19featuredOMSWHOWuhan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Avuga Ko Amateka Y’u Rwanda Ababaje Ariko Ruhesha Ishema Afurika
Next Article Utazirinda COVID-19 Mu Bwongereza Azafungwa Imyaka 10
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?