Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: COVID-19 Yongeye Guca Ibintu Mu Burayi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

COVID-19 Yongeye Guca Ibintu Mu Burayi

admin
Last updated: 13 November 2021 3:29 pm
admin
Share
SHARE

Imibare y’ubwandu bushya n’abahitanwa na COVID-19 mu Burayi byongeye gutumbagira, ku buryo Umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima (WHO) uheruka kwemeza ko aricyo gice cyibasiwe kurusha ahandi ku isi.

Ubu ibihugu byinshi byatangiye gutekereza uko byashyiraho ingamba zikaze, zishobora no kubamo guma mu rugo mbere y’uko iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani igera.

Abantu hafi 27,000 bishwe na COVID-19 mu Burayi mu cyumweru gishize, ni ukuvuga abasaga kimwe cya kabiri cy’abishwe nayo hirya no hino ku isi.

Ni imibare igenzura ryerekanye ko iri hejuru cyane y’iyabonetse mu kindi gihe guhera muri Mata umwaka ushize, ubwo icyorezo cyari kimeze nabi mu Butaliyani.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima, Dr Tedros Ghebreyesus, kuri uyu wa Gatanu yabwiye abanyamakuru ko ubwandu butarimo kuzamuka gusa mu bihugu byo mu Burayi bw’Iburasirazuba byakingiye abantu bake, ahubwo n’ibyakingiye benshi byo mu Burengerazuba ntibyorohewe.

Ati “Ibi birongera kutwibutsa nk’uko twakomeje kubivuga, ko inkingo zidasimbura ubundi buryo bwo kwirinda. Inkingo zigabanya ibyago byo kuba wajyanwa mu bitaro, kuremba cyangwa kwicwa n’iyi ndwara, ariko ntabwo zirinda mu buryo bwuzuye kuba wakwandura.”

Ikigo cy’u Burayi gishinzwe kurwanya ibyorezo cyamaze kwemeza ko ibihugu 10 muri 27 bigize Ubumwe bw’u Burayi bifite ubwandu bukabije, ku buryo aho ibintu bigana ari habi cyane.

Ibyo bihugu ni u Bubiligi, Bulgaria, Croatia, Repubulika ya Czech, Estonia, u Bugereki, Hungary, u Buholandi, Poland na Slovenia.

Mu bihugu ubwandu bwatumbagiye cyane kandi harimo u Budage, nubwo 70 ku ijana by’abaturage bakingiwe.

- Advertisement -

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson, we kuri uyu wa Gatanu yavuze ko bisa n’aho igihu cyongeye kubudika ku Burayi, nubwo igihugu cye kiri mu bimaze gukingira abantu benshi.

Byongeye ngo icyorezo cyiyongereye mu bihe bisatira amezi y’ubukonje akunze kurangwa n’indwara z’ibicurane.

Muri icyo gihugu ho imibare yerekana ko abandura bashya ku munsi babarirwa mu 40,000. Bitandukanye n’ahandi, yagabanutse 7% ugereranyije n’icyumweru cyabanje, impfu zimanukaho 8.9%.

Johnson yavuze ko izamuka ry’ubwandu ryerekana ko icyorezo ntaho cyagiye.

Abakingirwa baragabanyutse
Ibihugu byo mu Burayi byaguze inkingo mbere, ku ikubitiro bikingira abaturage ku rwego rwo hejuru mbere y’ahandi, ariko muri iki gihe basa n’abinangiye.

Nibura 65% by’abaturage bose mu karere k’ubukungu kabarizwamo Ubumwe bw’u Burayi, Iceland, Liechtenstein na Norway (European Economic Area, EEA) – bamaze guhabwa inkingo ebyiri za COVID-19.

Nyamara imibare y’abakingirwa bashya yaragabanyutse cyane kuva mu mezi ashize, ku buryo icyiciro cy’abadakozwa ibijyanye n’inkingo gikomeje kugaragara.

Mu majyepfo y’u Burayi ho abakingiwe byuzuye bagera muri 80%.

Abadashaka kwikingiza biganje mu Burayi bw’Iburasirazuba no mu Burusiya, ari nabyo birimo gutuma ubwandu bushya buba ihurizo ku nzego z’ubuzima.

Nubwo ubwandu bushya buzamuka cyane, uburyo abantu baremba cyangwa bapfa biri munsi y’uko byari bimeze mu mwaka ushize, ndetse ibyago ku bihugu bigenda binyurana bijyanye n’uko abaturage barimo gukingirwa byuzuye cyangwa bagahabwa urukingo rwa gatatu, kandi bagakomeza kubahiriza n’izindi ngamba.

Raporo ya WHO yo mu cyumweru cyarangiye ku wa 7 Ugushyingo igaragaza ko u Burayi ubariyemo n’u Burusiya, ariko karere ku isi kagize izamuka ry’ubwandu bushya bwa 7%, mu gihe mu bindi bice imibare yakomeje kumanuka.

Muri icyo gihe yanatangaje izamuka rya 10% mu mibare y’impfu, mu gihe mu tundi duce imibare yamanutse.

Ingamba zatangiye gukazwa

Minisitiri w’Intebe w’u Buholandi, Mark Rutte, yatangaje amabwiriza mashya y’ibyumweru bitatu guhera kuri uyu wa Gatandatu, nyuma yo kuvuga ko “ubu virus iri ahantu hose kandi igomba kurwanyawa ahantu hose.”

Utubari, resitora, utubyiniro n’andi maduka byategetswe gufunga bitarenze saa tatu z’ijoro, ndetse harimo gusuzumwa amabwiriza ashobora gushyiriraho imipaka abantu batakingiwe.

Mu Budage ho harimo gutegurwa ingamba zirimo gusubizaho uburyo bwo gupima COVID-19 abantu ku buntu, kwambara udupfukamunwa nk’itegeko no guhana intera mu bantu benshi, kugeza nibura muri Werurwe 2022.

Ni mu gihe Austria kuri iki cyumweru byitezwe ko izatangaza icyemezo gishyira muri guma mu rugo abantu bose batakingiwe COVID-19, nk’uko byatangajwe na Chancellor Alexander Schallenberg kuri uyu wa Gatanu.

Yavuze ko bidakwiye gufunga ibikorwa mu gihugu hose, kuko bibiri bya gatatu by’abaturage bemeye gukingirwa batagomba guhatirwa kwifatanya n’abantu batakingiwe.

Ubu ibitanda biriho abarwayi ba COVID-19 bimaze kurenga 20%.

Nyamara nibura 65% by’abaturage ba Austria bakingiwe byuzuye. Ni imibare iri hasi ariko ugereranyije n’ahandi mu Burayi bw’Iburengerazuba.

Urukingo rwa gatatu

Ibihugu byinshi byo muri EU birimo gutanga urukingo rwa gatatu ku bantu bakuze, mu kurushaho kubongerera ubwirinzi.

Nyamara abahanga batangiye kuvuga ko igikenewe ari ugushaka uburyo bwatuma abantu bose bakingirwa.

Kugeza ubu urwego rushinzwe kugenzura imiti n’ibiribwa muri EU rurimo gusuzuma niba urukingo rwa Pfizer/BioNTech rwahabwa abana bafite hagati y’uimyaka 5 kugeza kuri 11.

Norway yamaze kwemeza ko umuntu wese urengeje imyaka 18 agiye guhabwa urukingo rwa gatatu, mu gihe rwahabwaga gusa abarengeje imyaka 65.

Mu Butaliyani ho guhera ku wa 1 Ukuboza, abantu barengeje imyaka 40 bazatangira guhabwa urukingo rwa gatatu.

Dr Tedros avuga ko bidakwiye ko ibihugu bikoresha imbaraga mu guha urukingo rwa gatatu abaturage bizwi ko bafite ubuzima bwiza cyangwa mu gukingira abana, mu gihe hari abakora mu nzego z’ubuzima, abantu bakuze n’abandi bari mu byago byinshi bagitegereje urukingo rwa mbere.

Yatangaje ko kugeza ubu hari inkingo za gatatu zikubye inshuro esheshatu zitangwa buri munsi, ugereranyije n’abantu bahabwa urukingo rwa mbere.

Ni ibibazo Dr Tedros yavuze ko bigomba guhagarara.

Yasabye ahubwo ibihugu ko uretse gutanga inkingo, bikwiye no gukoresha uburyo bufasha kwirinda nko gupima abantu benshi, kwambara udupfukamunwa, guhana intera no guhurira ahantu hari umwuka uhagije, n’izindi ngamba zakunganira inkingo za COVID-19.

TAGGED:COVID-19EUfeaturedGuma mu RugoU BudageU BurayiUbumwe bw'u Burayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Arashaka Gufasha Abahinzi B’Urusenda Babuze Isoko, Aruvanga N’Ubuki
Next Article Inyubako Ya Mbere Irengera Ibidukikije ‘Kurusha Izindi’ Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?