Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Croix Rouge Yatangije ‘App’ Yo Gutabariza Imbabare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Croix Rouge Yatangije ‘App’ Yo Gutabariza Imbabare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 September 2023 4:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Niba ushobora kubwira abantu ibyo ucuruza, aho ubicururiza, igiciro cyabyo n’uburyo bakugeraho kandi ukabikoresha ikoranabuhanga, kuki utatabariza umuntu usanze yagize ibyago?

Telefoni igendanwa ni ingenzi mu buzima bw’ab’iki gihe kandi nta gushidikanya guhari kugeza ubu ko ari ko bizamera no mu gihe kiri imbere.

Croix Rouge y’u Rwanda k’ubufatanye na Croix rouge y’Ababiligi kuri uyu wa Gatandatu batangije uburyo bw’ikoranabuhanga bita ‘app’ buha abantu ubumenyi bw’ibanze bwabafasha guha umuntu wahuye n’ibyago ubutabazi bw’ibanze.

Iyo App bayise First Aid App Africa, ariko ikagira n’uburyo abakorera mu yindi migabane y’isi bayikoresha.

Aho waba uri hose ku isi wayokoresha, icyo usabwa ni ugushyiramo izina ry’umugabane uherereyemo, ugahitamo ururimi wumva neza ubundi ukiga uko watabara uwahuye n’ibyago ibyo ari byo byose, aho waba umusanze hose.

Abanyarwanda bo bashobora no kuyikoresha mu Kinyarwanda, mu Cyongereza no mu Gifaransa.

Abakozi ba Croix Rouge y’u Rwanda bavuga ko amahirwe u Rwanda rufite ari uko ikoranabuhanga riri kugera kuri benshi kandi henshi.

Jeanne Mukeshimana avuga ko iyo umuntu arangije kwinjira muri ririya koranabuhanga(app) akurikiza amabwiriza, akaza kugera ahantu hamusaba gusoma ibikubiye mu byo yifuza gutangamo ubutabazi, akamenya ibyo yakora.

Jeanne Mukeshimana

Ni uburyo 17 busobanura neza uko umuntu wahuye n’akaga runaka, atabarwa.

Abateguye inyigisho ziri muri buri cyiciro babikoze mu magambo avunaguye ariko yumvikana aherekejwe n’agashushanyo gato kerekana igikenewe n’ikigomba gukorwa mu gihe runaka.

Umuyobozi muri Croix Rouge y’u Rwanda ushinzwe iyamamaza bikorwa n’itumanaho Emmanuel Mazimpaka avuga ko umunsi mpuzamahanga wo gutanga ubufasha bw’ibanze mu mwaka wa 2023 wahawe insanganyamatsiko ishishikariza abantu gukoresha ikoranabuhanga mu gutabariza bagenzi babo.

Umuyobozi muri Croix Rouge y’u Rwanda ushinzwe iyamamaza bikorwa n’itumanaho Emmanuel Mazimpaka

Avuga ko hari urubyiruko rw’abakorerabushake mu butabazi bahabwa amahugurwa na Croix Rouge y’u Rwanda kugira ngo bazafashe abazahura n’ibi bibazo mu gihe kiri imbere.

Intego y’uyu muryango utabara imbabare ni uko abantu batabarwa hakiri kare, hanyuma ubundi buvuzi cyangwa ubufasha bukazaza hari icyakozwe cyo kuramira ubuzima.

Abakorerabushake basobanuriye itangazamakuru uko umuntu uri mu kaga atabarwa
TAGGED:Croix-RougefeaturedIkoranabuhangaImbabareMazimpakaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitaro Bya Faysal Bifite Igihombo Cya Miliyari Frw 12
Next Article Ubufatanye Bwa Polisi Na RDB Mu Guhugura Abacunga Umutekano Mu Mazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?