Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Donald Trump Yasatswe Na FBI, Hari Inyandiko Za Leta Akekwaho Gutunga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Donald Trump Yasatswe Na FBI, Hari Inyandiko Za Leta Akekwaho Gutunga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2022 9:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
?????????????????????????????????????????????????????????
SHARE

Uyu mugabo wayoboye Amerika ariko agasiga umugani kubera imyitwarire n’ibyemezo yafataga, agarutse mu itangazamakuru noneho kubera icyo bamwe bafashe nko kwihesha ikintu cy’abandi. Ubwo yavaga mu Biro by’Umukuru w’Amerika ngo hari inyandiko yahakuye azijyana mu rugo rwe ruri ahitwa Mar-a-Lago.

Umuhungu wa Trump witwa Eric Trump niwe wabitangaje, avuga ko abakozi b’Urwego rw’iperereza ry’Amerika, Federal Bureau of Investigation, basatse urugo rwa Se ruri muri kariya gace.

Eric Trump avuga ko ibyo gusaka Se bitari bishingiye k’ukuba yaratwaye ziriya mpapuro, ahubwo ngo ni uburyo ubutegetsi buyoboye Amerika muri iki gihe bushaka gukura umutima Se( Donald Trump) kuko ngo ari we munyapolitiki uteye ubwoba Perezida Biden.

Mar-a-Lago

Amakuru amaze iminsi yandikwa mu itangazamakuru ryo muri Amerika, avuga ko Donald Trump agifite akayihayiho ko kuzagaruka kwiyamamariza kuba Perezida w’Amerika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abakozi ba FBI bo bavuga ko bagiye kwa Trump bajyanywe no gusaka ngo barebe niba ibyo The New York Times yanditse by’uko Donald Trump hari impapuro z’amabanga y’Amerika yaba yarajyanye iwe bifite ishingiro.

Icyakora ishingiro ryo rirahari kuko ikigo cy’Amerika gishinzwe ishyinguranyandiko, National Archives, cyari kimaze iminsi mike gikuye mu rugo rwa Trump amasanduku 15 arimo inyandiko bivugwa ko yavanye mu Biro by’Umukuru w’Amerika ubwo yatsindwaga amatora, ntakomeze kuyobora Amerika.

FBI yagiye gusaka kwa Trump kugira ngo irebe ko hari izindi nyandiko yahasanga ndetse irebe niba hari ibimenyetso bigaragaza ko koko Donald Trump yajyanye nkana ziriya nyandiko iwe.

Abakozi barenga 30 ba FBI nibo bagiye gusaka urugo rwa Donald Trump.

Video released by USA Today:
Former US President Trump’s Mar-a-Lago home in Florida was searched by the FBI on August 8. Trump is under investigation for allegedly removing classified documents from the White House, according to media reports.https://t.co/st1AOh16WI

— Global Times (@globaltimesnews) August 9, 2022

- Advertisement -

Amategeko y’Amerika abuza ko hari umuntu wasohokana ikintu icyo ari cyo cyose mu nyubako Umukuru w’Amerika abamo igihe cyose uwo muntu atakiri Perezida kandi icyo kintu kikaba kitari mu mutungo we bwite ubaruwe kandi uzwi.

Nyuma y’uko atsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu wa USA aheruka, ndetse akirukanwa burundu kuri Twitter, Bwana Donald J Trump aherutse gutangiza Ibiro Bye bizajya bikurikirana umurage yasize akiri Perezida wa USA, harimo nicyo yise ‘America First.’

Ibi biro bizajya bikurikirana niba ibitekerezo Trump yari afite akiri Perezida wa USA bigifite agaciro kandi bikagasigasira k’uburyo yazanabiheraho aramutse yongeye kwiyamamariza kuyobora Amerika.

Trump arashaka ko n’ubwo yamaganywe nka Perezida wategetse nabi USA kurusha abandi,ariko  umurage w’uko ‘Amerika ari iya Mbere ku Isi’ utagomba gucubangana.

Uyu mugabo wa mbere ukize kurusha abandi bategetse USA yaboneyeho no gushinga urubuga rwo kuri murandasi azajya acishaho gahunda nkuru zigize ibyo Ibiro bye bikora.

Uru rubuga yarwise 45Office.com.

Iyi nyito ifitanye isano n’uko yabaye Perezida wa 45 wa Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ikirangantego cy’iriya website hariho Donald J. Trump n’umugore we Melanie Trump bahagaze mu kirangantego cya USA bari kubyina.

Kuri ruriya rubuga haranditse hati: “ Binyuze muri ibi biro, Donald J Trump azakomeza kuba Umuturage w’intangarugero mu guharanira ko USA ikomeza kuba igihugu kihagazeho mu ruhando rw’amahanga kandi gitinyitse. Izahora ari igihugu giteye imbere kurusha ibindi kandi giharanira amahoro.”

Jason Miller wigeze kuba Umujyanama wa Trump igihe kirekire akaba n’umuvugizi we mu bikorwa byo kwiyamamaza mu 2020, aherutse kubwira Fox News ko Trump azasubira ku mbuga nkoranyambaga mu gihe gito kiri imbere.

Yongeyeho ko ruzaba ari urubuga rwe bwite, ruzahita ruganwa na miliyoni nyinshi z’abantu ndetse rugahindura imikorere y’imbuga nkoranyambaga zizwi kugeza ubu.

Ati:“Ni ikintu ntekereza ko kizaba gikomeye cyane mu mbuga nkoranyambaga. Bizazana impinduka mu mukino kandi buri wese ategereje kureba icyo Trump azakora, ariko ruzaba ari urubuga rwe.”

Miller yavuze ko Trump amaze kwegerwa n’ibigo byinshi bimusaba ubufatanye ndetse ko arimo kuvugana n’abantu batandukanye kuri urwo rubuga rushya.

Trump azagaruka mu matora ya Perezida…

Sean Spicer

Bwana Sean Spicer wigeze gukorana na Donald Trump ubwo yari Perezida wa Amerika, avuga ko uyu mugabo agifite akayihayiho ko kugaruka kwiyamamariza kuyobora Amerika ndetse ngo azabikora mu mwaka wa 2024.

Yabyemereje mu kiganiro aherutse guha ikinyamakuru Washington Examiner.

Spicer avuga ko Donald Trump aherutse kwiyemeza kugaruka muri Politiki nyuma yo kubabazwa n’uko muri iki gihe Joe Biden ahanganye n’ikibazo cy’abimukira.

The Examiner ntitangaza niba ibyo Spicer avuga yarabitumwe na Trump cyangwa niba ari ibitekerezo bye bwite.

Ku rundi ruhande ariko, ntawahakana ko Trump ashobora kugaruka muri Politiki ya Amerika ndetse akaba ashaka kuba Perezida kuko iyo wibutse uko yavuye muri White House usanga kuba yagaruka muri biriya biro ari ibintu bishoboka cyane.

Abahanga mu mateka ya Amerika bavuga ko Donald Trump ari we Perezida ‘wategetse kiriya gihugu nabi.’

Ngo yagikuyeho inshuti ariko ku rundi ruhande azamura ubukungu bwacyo cyane.

Donald Trump
TAGGED:AmerikafeaturedPerezida. FBI. GusakaTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwihariko Wa Minisiteri Y’Ishoramari Rya Leta N’Uwa Minisiteri Y’Imari N’Igenamigambi
Next Article Kizz Daniel Wari Wafunzwe Yafunguwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?