Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr Agnes Binagwaho Yageneye Ubutumwa Jeannette Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dr Agnes Binagwaho Yageneye Ubutumwa Jeannette Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2021 2:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Agnes Binagwaho wahoze ari Minisitiri w’ubuzima mu Rwanda ubu akaba ari umuyobozi muri Kaminuza mpuzamahanga yita ku buzima yitwa University of Global Health Equity yavuze ko kuba Madamu Jeannette Kagame yatorewe kuba umuyobozi wungirije w’Inama Ngishwanama y’iriya Kaminuza ari umugisha ku bandi bazafatanya.

Ni mu butumwa yacishije kuri Twitter, aha ikaze Madamu Jeannette Kagame na Prof Senait nawe bazafatanya mu kuba abayobozi bungirije b’iriya Nama Ngishwanama.

Dr Binagwaho yanditse ati: “ Kubana namwe bizadufasha mu kugera ku ntego zacu twihaye: Intego yacu ni ukubaka ubushobozi mu rwego rw’ubuzima buzatuma abatuye Afurika bose babona ubuvuzi bubakwiye kandi tugakora  kugira ngo umugabane wacu ube wifitemo ubushobozi bwo kwicyemurira ibibazo bishingiye ku buzima bw’abawutuye.”

Madamu Jeannette Kagame yatowe ari kumwe na Professor Senait Fisseha, ushinzwe ibikorwa by’ikigo Buffett Foundation ku rwego rw’isi(Director Global Programs),

Kaminuza Mpuzamahanga mu by’ubuzima(The University of Global Health Equity (UGHE) isanzwe ifite icyicaro mu Rwanda.

Umurimo abagize Inama nginshwanama y’iriya Kaminuza bazakora ni munini kandi ufite akamaro  kuko bagomba gukora uko bashoboye abaturage b’Afurika bakabona serivisi z’ubuzima, zitabahenze.

Abagize Inama Ngishwanama y’iyi Kaminuza

Bagomba gukora uko bashoboye kugira ngo abatuye Afurika babone serivisi z’ubuzima zigezweho kandi ibyinshi mu bisubizo by’ibibazo bafite mu rwego rw’ubuzima bakabyishakamo.

Ibi bazabikora binyuze mu gufatanya n’abakuru ba za Kaminuza zigisha iby’ubuzima, abakuru b’ibigo by’ubushakashatsi mu by’ubuzima ndetse no kungurana ibitekerezo n’abafata ibyemezo bya Politiki muri rusange.

Abagize iriya Nama ngishwanama bazafatanya n’abandi bahanga mu rwego rw’ubuzima bakorera hirya no hino ku isi kugira ngo babunganirane mu bitekerezo hagamijwe kunoza imigambi n’ibikorwa byo guteza imbere ubuzima bw’abatuye Afurika muri rusange.

Muri iki gihe cy’icyorezo COVID-19, abatuye Afurika bari guharanira kugira inganda zabo zikora inkingo, ibi bikaba biri gukorwa mu rwego rwo kwirinda ko mu gihe kiri imbere, abatuye Afurika bazongera gusigara inyuma mu kubona inkingo.

 

TAGGED:BinagwahofeaturedJeannetteKagameKaminuza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uhanganye Na Edgar Lungu Ari Imbere Mu Majwi Y’Umukuru W’Igihugu
Next Article Umukecuru W’Imyaka 100 Aterura Ibilo 150
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?