Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr. Biruta Yahuje Pegasus n’Umugambi Wo Guteranya U Rwanda n’Amahanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dr. Biruta Yahuje Pegasus n’Umugambi Wo Guteranya U Rwanda n’Amahanga

Last updated: 29 July 2021 6:46 pm
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr. Vincent Biruta yavuze ko abashinja u Rwanda gukoresha ikoranabuhanga rya Pegasus mu kuneka abarimo abayobozi bo mu mahanga, bari mu mugambi umaze iminsi wo gushaka guhanganisha u Rwanda n’ibindi bihugu.

Mu minsi ishize ibinyamakuru 17 byatangaje ko nimero za telefoni zirenga 50.000 zinjiwemo rwihishwa hakoreshejwe ikoranabuhanga Pegasus ry’ikigo NSO Group cyo muri Israel.

U Rwanda rwongeye gushyirwa ku rutonde rw’ibihugu birikoresha, ndetse ko rwanetse abanyamakuru n’abayobozi bagera mu 3500.

Havugwamo Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa n’abayobozi bo muri Uganda barimo uwari Umugaba Mukuru w’Ingabo, General David Muhoozi, uwari Minisitiri w’Intebe Ruhakana Rugunda n’uwari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Sam Kutesa.

Bivugwa ko Pegasus yoherezwa muri telefoni y’umuntu atabizi, igatanga uburenganzira busesuye bwo kumviriza cyangwa gufata ibiganiro biyivugirwamo no gusoma ubutumwa burimo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane, Minisitiri Dr. Biruta yavuze ko ashaka gushimangira imvugo ya Perezida Paul Kagame yo mu mwaka wa 2019, wavuze ko u Rwanda rudafite ubwo bushobozi bwo kuneka bwa Pegasus.

Yavuze ko ibikomeje gutangazwa kuri urwo rutonde nabyo bishidikanywaho, kuko nibura 0.1 ku ijana bya telefoni ziriho arizo zagenzuwe, biza kugaragara ko nibura kimwe cya kabiri cyazo ari zo zifite aho zahuriye na Pegasus.

Ati “Nta muntu uzi aho urwo rutonde ruturuka cyangwa icyo kurubaho bisobanuye. Ibyo birego by’ibinyoma biri mu mugambi ukomeje wo gushaka guteza umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’ibindi bihugu, no gukwirakwiza amakuru atari yo ku Rwanda haba imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.”

Ku rutonde rw’abo bivuga ko u Rwanda rwanekaga harimo Carine Kanimba, umukobwa wa Paul Rusesabagina ufunzwe aregwa ibyaha by’iterabwoba.

Dr. Biruta yahuje gushinja u Rwanda gukoresha Pegasus n’igitutu u Rwanda rumaze iminsi rushyirwaho ku rubanza rwa Rusesabagina, uzasomerwa ku wa 20 Kanama 2021. Yasabiwe gufungwa burundu.

Kuva yafungwa, inzego nyinshi zagiye zisaba ko arekurwa kuko ari umwere, ko ari Umubiligi wabaga muri Amerika, bityo ko adakwiye kuba afungiwe mu Rwanda.

Bagendaga banasaba ibyo bihugu kugira icyo bikora ngo arekurwe.

Biruta yakomeje ati “Ibyo ni ivanguraruhu no gushaka kwishyira hejuru y’abandi. Babandi bagushinja kutubahiriza uburenganzira bwo guhabwa ubutabera ni bo barimo kuguhatira uburyo inkinko zikwiye gukora inshingano zazo. Babandi bagushinja kuba umunyagitugu nibo barimo kuguha umunsi ntarengwa cyangwa ibigomba guhita bikorwa.”

Yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda itazagendera ku gitutu icyo aricyo cyose, kandi izatanga ubutabera butabogamye nk’uko ari inshingano ziteganywa n’itegeko nshinga.

Yavuze ko u Rwanda kimwe n’ibindi bihugu, rufite uburyo bwemewe bwo gushaka amakuru cyane cyane ku bahungabanya umutekano w’igihugu n’abakora ibindi byaha, kandi ibyo ni ibisanzwe ku bihugu byose.

Ati “Ariko buriya buryo bwa Pegasus ntabwo ari uburyo inzego zacu zikoresha.”

Yavuze ko hari abantu bamaze iminsi batangaza amakuru mabi ku Rwanda, kugeza ubwo bagera aho bavuga ko runeka abayobozi bakomeye mu bindi bihugu, ku gira ngo bigenze uko babyifuza, umubano w’u Rwanda n’icyo gihugu uhungabane.

Ati “Ubundi kuva tudakoresha buriya buryo, ibindi byose ni ibintu byo guhambiranya kugira ngo bagere ku ntego yo guteranya u Rwanda n’ibihugu by’amahanga, gutesha agaciro ibizava mu rubanza ndetse nibinashoboka no hagati y’abanyarwanda kuko bavugaga ko na telefoni z’abayobozi mu Rwanda hari izikurikiranwa bityo twese duhungabane tuvuga ngo ntabwo twizewe.”

Mu bandi bagaragara ku rutonde rw’abibasiwe na Pegasus harimo Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, bigakekwa ko yakurikiranwaga n’ubuyobozi bwa Morocco.

Mu ruzinduko Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Benny Gantz, yagiriye i Paris kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko ibirego bireba NSO babifashe nk’ibintu bikomeye, kandi bazabikurikirana.

Urutonde rwa nimero zaba zarinjiwemo hakoreshejwe Pegasus bivugwa ko rwabonywe bwa mbere Amnesty International n’umuryango Forbidden Stories.

 

TAGGED:featuredPegasusRusesabaginaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rubanza Rw’Umunyamakuru Wa Flash, Umupolisi Yashinjwe Guhisha Ibimenyetso Bigize Icyaha
Next Article Urugendo Rwa Perezida Wa Malawi Mu Bwongereza Rwasize Inkuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?