Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yasabye Abakoresha Imbuga Nkoranyambaga Gukora Mu Nyungu Z’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yasabye Abakoresha Imbuga Nkoranyambaga Gukora Mu Nyungu Z’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 July 2024 9:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kagame yabwiye abakorera ku mbuga nkoranyambaga ko burya bifitemo imbaraga zikomeye mu kwakira no gutangaza ibitekerezo byabo cyangwa iby’abandi, aboneraho kubasaba kubikoresha mu nyungu zubaka u Rwanda.

Hari mu kiganiro aherutse kubaha kuri uyu wa Kabiri ubwo yabaganirizaga ku mateka y’ingenzi yaranze urugamba rwo kwibohora.

Yababwiriye ku Mulindi w’intwari mu Karere ka Gicumbi ko ikibabaje muri iki gihe ari uko hari abanyamahanga bashaka guha u Rwanda isura rudafite, bakarusiga icyasha.

Avuga ko abo bantu hari n’ubwo bakoresha uburyo bafite kugira ngo bakomeze guharabika u Rwanda binyuze mu gukoresha abantu baba mu Rwanda barimo na Ingabire Victoire Umuhoza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yaboneyeho gusaba abakoresha imbuga nkoranyambaga mu gukusanya no gutangaza ibitekerezo n’ibibera hirya no hino kumva ko ubwo bushobozi bakwiye kubukoresha bubaka igihugu aho gutiza umurindi abagisenya.

Ati: “ Mugize igice kinini cy’abavuga rikijyana muri iki gihugu. Mufite ijambo rinini mu mibereho na Politiki by’iki gihugu, kandi murabizi ko hari abandi bakora mu buryo buhabanye n’uko mwe mubikora”.

Umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika yasabye urwo rubyiruko gukomeza gucungira hafi abo bantu basebereza u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga kugira ngo babanyomoze.

Avuga ko urwo rubyiruko rudakwiye kubikorana ipfunwe cyangwa ngo rwumve rufite ingingimira ku mutima.

Yagiriye inama urwo rubyiruko ko rukwiye kuzirikana ko amajyambere rubona mu Rwanda rw’ubu, atahozeho, ko bavunikiwe bityo bakayarinda.

- Advertisement -

Ati: “ Ntabwo ibyiza byikora kandi ntibiva mu magambo meza gusa[opinions]…kandi mukwiye kumva ko mugomba kubyuka mwiteguye intambara y’ibyo bitekerezo”.

Kagame yibukije urwo rubyiruko ko intambara irwanywa atari iy’ibitekerezo n’amagambo gusa, ahubwo ko hari n’isanzwe y’amasasu kandi iyo nayo batayihejwemo.

Yagarutse ku mvugo ishishikariza urubyiruko kuba intare, avuga ko kuba intare ari no gutanga umusanzu wo gukemura ibibazo igihugu gifite, buri wese agatanga umusanzu we mu buryo bwe.

TAGGED:AmajyamberefeaturedIkoranabuhangaImbugaIntambaraKagameUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article APR FC Yaraye Yitwaye Neza Mu Gutangira CECAFA Kagame Cup
Next Article Umuvugizi Wa Guverinoma Ati: ‘ Nta Mafaranga Azasubizwa’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?