Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr. Denis Mukwege Arashaka Kuzayobora DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Dr. Denis Mukwege Arashaka Kuzayobora DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2022 2:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nta gihe kinini gisigaye ngo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo habe amatora y’Umukuru w’igihugu.

Mubo byamaze kumenyekana ko baziyamamariza kuyobora iki gihugu harimo na Dr Denis Mukwege. Abandi ni Felix Tshisekedi usanzwe uyobora iki gihugu, Joseph Kabila Kabange, Jean Pierre Bemba, Martin Fayulu ndetse na Moïse Katumbi.

Muri aba bose, utari usanzwe amenyerewe muri Politiki y’iki gihugu ni Dr. Denis Mukwege.

We arihariye kubera ko uretse no kuba atarigeze ahatanira kuba Perezida w’iki gihugu mu gihe cyatambutse,, ni na muganga wafashije mu kuvuga abagore bivugwa ko bahohotewe n’abarwanyi bamaze igihe barayogoje kiriya gihugu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu mugabo wize muri Kaminuza zo mu Burayi nko mu Bubiligi no mu Bufaransa yarangije kwiga ashinga ivuriro ahitwa Panzi.

Muri ibi bitaro niho bivugwa ko yavuriye abagore bari barahohotewe nk’uko twabivuze haruguru.

Ibyo ubwabyo ntacyo bitwaye kandi ni ibisanzwe ko muganga avura abarwanyi kuko niko n’indahiro bakora ya Hippocrate ibitegeka.

Ikibazo ni uko itangazamakuru ryo mu Burayi barimo u Bufaransa, u Bubiligi,  u Budage, Amerika ,u Bwongereza n’abandi ryazamuye izina rye mu rwego rwo kumugira akataraboneka nk’uko ryabikoreye n’undi witwa Paul Rusesabagina akaza kumva ko bimuha uburenganzira bwo kogera uburimiro ku Banyarwanda.

Icyakora we yaje kubona ko hari ibyiza ari ukurya umwungu ariko ugasiba ibamba!

- Advertisement -

Dr. Mukwege yaje kwamamara kugeza n’ubwo ahawe igihembo cya Prix Nobel.

Muri uko kwamamara kwe, yaje kurengera atangira gushinja u Rwanda avuga ko rufite uruhare rutaziguye mu bikubiye mu kiswe Mapping Report cyakozwe na UN kandi kuva cyasohorwa nta shingiro ridasubirwa ho cyahawe.

Igihembo cya Nobel yagihawe mu mwaka wa 2018.

Denis Mukwege kandi aherutse gusurwa n’umwami w’Ababiligi ndetse n’abantu benshi bakomeye basuye kiriya gihugu ntibajya bataha badahuye na Dr Mukwege.

Bisa n’aho ari we abakomeye bo mu isi babona ko yatuma DRC itekana, ikava mu isayo ry’imidugararo n’intambara itaburana n’ubukene imazemo imyaka myinshi ndetse ushatse wavuga ko yatangiranye n’ubukoloni bw’Ababiligi bari bayobowe n’Umwami w’u Bubiligi.

Uyu mwami yigeze kuvuga ati: “ Sinakwirengeshwa gufata aka kamanyu kitwa Congo k’umugati usize ubuki witwa Afurika.”

Mu gihe habura igihe gito ngo muri DRC habe amatora y’Umukuru w’igihugu, mu murwa mukuru ari wo Kinshasa, ibiganiro byashyushye ndetse hashinzwe icyo bise ‘Appel Patriotique.’

I  Bukavu bavuga ko Mukwege ari we wabo n’aho abandi ngo ibyabo byaramenyekanye!

Uko bimeze kose ariko buri mukandida cyangwa uteganya kuba we afite iturufu azakoresha.

Felix Tshisekedi nawe arashaka indi manda ngo arebe ko yakosora ibyo bamushinja ko byagaragaje intege ze mu gihe amaze ategeka.

Uyu mugabo afite indi turufu y’uko Perezida wa Komisiyo y’amatora ari ‘umuntu we.’

Bwana Joseph Kabila Kabange nawe arashaka kugaruka k’ubutegetsi  kugira ngo yereke Tshisekedi ko burya atari buno.

Moïse Katumbi nawe arabiharanira cyane kandi niko bimeze haba kuri Martin Fayulu na Jean Pierre Bemba.

Aba bagabo nibo kugeza ubu bigaragara ko bazashyushya imitwe y’abatuye DRC ndetse n’ahandi ku isi ahari abantu bakurikiranira hafi ibibera muri DRC.

Hamwe mu  h’ingenzi muri aho ni mu Rwanda.

TAGGED:CongoDRCfeaturedKabilaMukwege
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Mu Ijoro Rimwe Urubyiruko 29 Rukekwaho Ubujura Rwafashwe
Next Article Mastercard Ifite Ubundi Buryo Bwo Kwishyura Mu Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?