Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abantu 950 Bishwe N’Impiswi Zikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu mahangaUbuzima

DRC: Abantu 950 Bishwe N’Impiswi Zikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 July 2025 4:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umwanda ni ikibazo gikomeye abatuye henshi muri iki gihugu.
SHARE

Guhera muri Mutarama, 2025 kugeza ubu abantu 950 bamaze gupfa bazize macimyamwambi( cholera ), mu gihe abantu 38,000 bamaze kuyirwara bakaba barakize.

Ni imibare yatangajwe n’Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru wa UN witwa Stéphane Dujarric mu kiganiro yatangiye i New York ahari icyicaro cy’uyu Muryango.

Dujarric avuga ko iyo mibare iremeye kubera ko mu gihe kitageze ku mwaka kuba hapfuye abantu hafi igihumbi ari bibi.

Iyi ndwara imaze kugera mu Ntara 17 muri 26 zigize Repubulika ya Demukarasi ya Congo harimo no mu Murwa mukuru, Kinshasa.

Ahandi iri kandi hatuwe cyane ni muri Maï-Ndombe no muri Équateur, izi zikaba Intara zidakunze kugaragaramo ibyorezo nk’ahandi.

Stéphane Dujarric avuga ko ikibazo kiri muri DRC gisaba buri rwego bireba kucyinjiramo kugira ngo kigabanye ubukana kandi gihagarikirwe aho kigeze.

Ni ibindi avuga ko byihutirwa kuko mu gihe gito kiri imbere mu Ntara nyinshi za DRC hazatangira kugwa imvura nyinshi, ikaba izwiho kugira uruhare mu gukwirakwira kw’indwara ziterwa no kunywa, koga, gutekesha, gufurisha no kubakisha amazi yanduye.

Itumba mu bice byinshi bya DRC riza guhera muri Nzeri kugeza mu Ukuboza buri mwaka.

Icyakora ubunini bw’iki gihugu butuma imvura itagwira hose icyarimwe nubwo gifite amashyamba menshi.

Muri rusange, inzego za DRC zishinzwe ubuzima zivuga ko ubukangurambaga mu byerekeye isuku ari ngombwa kugira ngo abaturage birinde gukomeza kwanduzanya kandi bukorerwe cyane cyane ababyeyi bafite abana bakiri bato cyane.

Buzajyanirana kandi no gukingira abantu bafite ibyago byo kwandura kurusha abandi, ubu hakaba hamaze kubarurwa abagera kuri Miliyoni eshatu bagomba kugezwaho ubwo bukangurambaga biterenze impera za Nyakanga.

Hagati aho, hari $ 750,000 byamaze gutegurwa ngo bizakoreshwe mu bikorwa byo kurwanya macinyamyambi mu Murwa mukuru, Kinshasa, umujyi wabaruwemo abantu 1,500 bayanduye guhera rwagati muri Mata, muri bo 120 bakaba barapfuye.

Hari andi mafaranga yamaze gutangwa no muri Kivu ya ruguru, muri Maniema no muri Tshopo.

Ikibazo gikomereye abashaka gukemura iki kibazo ni uko hari ahenshi hatari amazi n’aho biri bikaba ari bike cyangwa se bishaje.

Repubulika ya Demukarasi ituwe n’abantu 112,832,473, iyi ikaba imibare iheruka mu mwaka wa 2025.

TAGGED:CongofeaturedIndwaraKinshasaLetaMacinyamyambi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo-Nyarugenge: Umukwabo Wa Polisi Wo Gufata Urumogi
Next Article Umunyarwandakazi Yegukanye Umudali Wa Karate Muri Shampiyona Ya Afurika 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?