Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abanyamakuru Batawe Muri Yombi N’Igisirikare Cya Leta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Abanyamakuru Batawe Muri Yombi N’Igisirikare Cya Leta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 January 2024 7:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abo banyamakuru bakoreraga radio y’abaturage ikorera i Mangina muri Kivu y’Amajyaruguru muri Kilometero 30 uvuye mu Murwa mukuru w’iyi Ntara witwa Beni.

Radio Okapi ivuga ko abo banyamakuru babiri n’abatekinisiye babiri b’iyo radio bafashwe n’ingabo za DRC ku wa Gatandatu bakaba bafungiwe ahantu hatazwi ‘kugeza ubu’.

Mugenzi wabo witwa Victor Kasereka Kikombi avuga ko kuva icyo gihe kugeza igihe yavuganiye na Radio Okapi, ibiro bya radio asanzwe akorera byari byafashwe bunyago n’ingabo za DRC ndetse ngo hari ibikoresho byayo bamaze kuvana muri studio.

Uwo munyamakuru nawe ari gukorera mu bwihisho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakuru avuga ko abanyamakuru bafunzwe ari umwanditsi mukuru w’iki gitangazamakuru witwa Chukurani Maghetse n’umunyamakuru usanzwe witwa Yvès Romaric Baraka ndetse n’abatekinisiye babiri ari bo  Sharo Mbonga na Glades Kiro.

Kuva ku wa Gatandatu taliki 06, Mutarama, 2024 kugeza ubwo iyi nkuru yasohokaga, iriya radio yari ikiri mu maboko y’ingabo za DRC nk’uko Okapi ibyemeza.

Kugeza ubu kandi ntacyo ingabo ziratangaza cyaba cyaziteye gufata bunyago no gufunga bamwe mu bakozi b’iriya radio y’abaturage no gufatira ibikoresho.

Icyakora umwe mu basirikare ‘bakuru’ bakorera muri ako gace witwa Capitaine Antony Mwalushay avuga ko bafashe bariya banyamakuru kugira ngo bagire ibyo babazwa ariko ntiyagira icyo abikomozaho.

Ku rundi ruhande, andi makuru avuga ko ingabo za DRC zishinja iriya radio gukorana n’abantu bashinze umutwe w’inyeshyamba barimo n’Umudepite wiyamamarije gutorerwa guhagararira Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

- Advertisement -

Ayo makuru ashimangira ko uwo muntu( tutaramenya amazina ye) ari Umudepite ufite imbaraga akaba yarakoranye n’abanyemari bashinga uwo mutwe w’inyeshyamba( nawo utavugwa izina) kandi baha radio yavuzwe haruguru amafaranga ngo bakorane mu icengezamatwara.

Ibi ariko ntibiratangazwa n’urwego rudafite aho rubogamiye muri iki kibazo.

 

TAGGED:AbanyamakuruIngaboKivuRadio
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunsi Wa Mbere W’Uruzinduko Rw’Umwami Wa Jordanie Rwaranzwe N’Isinywa Ry’Ubufatanye
Next Article Bidateye Kabiri Inkangu Yongeye Gufunga Umuhanda Karongi- Nyamasheke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?