Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abashatse Guhirika Ubutegetsi Baragezwa Mu Rukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Abashatse Guhirika Ubutegetsi Baragezwa Mu Rukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2024 10:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rukiko rwa gisirikare ruri ahitwa Ndolo mu Murwa mukuru Kinshasa kuri uyu wa Gatanu taliki 07, Kamena, 2024 harabera urubanza ry’abantu baherutse gushaka guhirika ubutegetsi bikaburizwamo.

Radio Okapi yanditse ko abantu 53 ari bo bari bwitabe ngo bisobanure ku byaha birindwi ubushinjacyaha bwa gisirikare bubashinja.

Nibagera imbere y’Urukiko buri wese arasomerwa umwirondoro we, abazwe niba uwo barega ari we witabye urukiko ndetse abazwe niba yemera cyangwa ahakana ibyo aregwa.

Bose uko bakabaye baregwa ibyaha birimo kugambirira kwica, iterabwoba, gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko, gukorana n’abagizi ba nabi no gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abakurikirana uru rubanza bavuga ko bafite amatsiko yo kuzumva icyo abaregwa bari bagamije ubwo bagabaga ibitero mu Ngoro y’Umukuru w’igihugu n’ababahaga amafaranga.

Taliki 19, Kamena, 2024 hari ku Cyumweru mu rukerera nibwo abatuye mu gace k’abaherwe n’abanyapolitiki bakomeye ka Gombe muri Kinshasa bakanguwe n’amasasu yarashwe ku rugo rwa Vital Kamerhe bashaka kumwica.

Abapolisi babiri mu bamurinda bahasize ubuzima.

Bidatinze ku mbuga nkoranyambaga hahise hatangira gucicikana amashusho y’abantu bambaye gisirikare bafite ibendera ryahoze ari irya Zaïre bavuga ko badashaka ko Felix Antoine Tshisekedi ayobora DRC.

Bamusabaga gusohoka mu ngoro y’Umukuru w’igihugu.

- Advertisement -

Abo bantu ariko ibyabo ntibyatinze kuko bahise bafatwa n’abasirikare bashinzwe kurinda Umukuru w’igihugu ndetse muri bo harimo n’Umuzungu w’Umunyamerika.

Iryo tsinda ryose ryari riyobowe na Christian Malanga, uyu akaba umuturage wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ariko ufite ubwenegihugu bwa Amerika.

Abasirikare barinda Umukuru w’igihugu muri DRC barashe Malanga bamutsinda aho.

TAGGED:DRCGuhirikaMalangaTshisekediUbutegetsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwafunguye Ambasade Muri Indonesia
Next Article Kagame Yitabiriye Umuhango Wo Guha Impamyabumenyi Abarangije Kaminuza Ya ALU
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?