Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abasirikare Ba Uganda Bicanye Bapfa Umugore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Abasirikare Ba Uganda Bicanye Bapfa Umugore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2025 9:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kutagira ibyo bumvikanaho, abasirikare ba Uganda bakorera ahitwa Zale muri Teritwari ya Mahagi mu Ntara ya Ituri bararasanye batatu barapfa.

Babiri bapfuye ni abasivili b’abagore barimo umwe abo basirikare bapfaga, ibi bikaba byarabereye mu bilometero 200 uva i Bunia.

Inzego z’umutekano zo muri aka gace zabwiye Radio Okapi ko bijya gucika byatewe no kwigambanaho ko abo basirikare bahurira ku mugore umwe.

Impaka zavuyemo kurasana zabereye mu kabari kari hafi y’aho bakambitse hafi y’ikibuga cy’indege kiri hafi aho.

Umusirikare ufite ipeti rya Sergeant wari wasinze bigaragara yashinje umuyobozi we ufite ipeti rya Major kujya gusambanya umugore bari basanzwe baryamana.

Umujinya wa sergeant wari ufite imbunda warazamutse arasa Major n’umurinzi we abatsinda aho.

Yarahindukiye arasa n’uwo mugore nawe aramwica.

Amasasu kandi yafashe umukobwa wacuruzaga muri ako kabari gusa we yapfuye nyuma azize ibikomere yatewe n’amasasu.

Yaguye mu bitaro by’ahitwa Mahagi.

Abandi basirikare ba Uganda bahise bafata mugenzi wabo bamwambika amapingu we n’imirambo y’abandi bapfuye babohereza muri Uganda ahitwa Nebbi.

Abaturage b’aho byabereye bakutse umutima basaba ko ingabo za Uganda zikwiye kubashumbusha ku byangijwe n’umusirikare w’iki gihugu.

Bavuga ko umukobwa wabo wazize amasasu y’ingabo za Uganda abe bakwiye impozamarira.

Sosiyete sivile yo muri aka gace ivuga ko abasirikare ba Uganda bakunze kwitwara nabi muri kariya gace bityo ko bakwiye kwisubiraho bitaba ibyo bakahava.

Mu mwaka wa 2021 nibwo ingabo za Uganda zigize icyo bise Operation Suuja zagiye muri DRC gufatanya n’ingabo zayo kuhirukana ADF gusa n’ubu ntirahacika.

Mu Cyumweru gishize muri DRC nabwo havuzwe inkuru y’umusirikare wishe umuyobozi we wari ufite ipeti rya captaine amujijije ko yamuririye amafaranga y’agahimbazamusyi.

TAGGED:AmasasuCongoIngaboInzogaUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kuzuza Ikigega Cya Gazi Yakoreshwa Amezi Abiri Ntayitumijwe Hanze
Next Article Ubushinwa Bwatangiye Gukoresha Robo Zikora Gipolisi Mu Muhanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?