Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Barasaba Ko Muri Kivu Y’Epfo Hoherezwa Ingabo Nyinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Barasaba Ko Muri Kivu Y’Epfo Hoherezwa Ingabo Nyinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 July 2025 10:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Kabombo aganira n'abavuga rikijyana bo muri Kivu y'Amajyepfo
SHARE

Abavuga rikijyana bo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo basabye Minisitiri w’ingabo witwa Guy Kabombo Muadiamvita kohereza abasirikare benshi muri iriya Ntara, bakavuga ko bikwiye kuko hatazakomeza kugenzurwa n’inyeshyamba.

Minisitiri Kabombo yari yagiye muri kiriya gice kumva ibitekerezo by’abahatuye cyane cyane abavuga rikijyana kugira ngo harebwe uko ibintu byifashe muri iki gihe.

Abahatuye babwiye uwo muyobozi ko igikwiye muri iki gihe ari uko hariya hantu hoherezwa abasirikare benshi, bakahakorera, kandi bakabikora bazirikana ko igihugu cyose kigomba kuyoborwa n’igisirikare aho kuba inyeshyamba.

Radio Okapi yanditse ko kuba hari ibice bya Kivu y’Amajyepfo bimaze igihe bidacungwa n’ingabo z’igihugu cyangwa Polisi ubwabyo biteye inkeke.

Hamwe mu hantu babwiye Minisitiri Kabombo ko hakenewe ingabo nyinshi kandi zihagazeho ni mu Mujyi wa Uvira, umujyi bavuga ko utarinzwe hakiri kare nawo wazafatwana na AFC/M23.

Minisitiri w’ingabo akaba na Visi Minisitiri w’Intebe yasezeranyije abo bantu bakuru ko Leta izakora ibiyireba kugira ngo muri uko gace hoherezwe ingabo zo kuhisubiza.

Minisitiri Guy Kabombo Muadiamvita aherutse kujya muri Uvira kuganira n’ingabo zihakambitse, azizeza ko igihugu kitazabatererana.

Hagati aho hari amakuru avuga ko ingabo z’Uburundi zoherejwe ahitwa Shabunda kugira ngo zihikusanyirize mbere yo kujya kwigarurira Umujyi wa Rubavu uri mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buvuga ko izo ngabo zifite ibikoresho bihagije zishaka kwisubiza umujyi wa Bukavu.

Laurence Kanyuka uvugira AFC/M23 yavuze ko Leta ya Congo ikomeje gahunda y’intambara mu gihe bo (AFC/M23) bashaka ko ibisubizo biboneka mu nzira za politiki.

Yashinje Congo gushaka kuburizamo amasezerano y’ibiganiro biri kuba hagati ya Leta n’inyeshyamba.

TAGGED:AbaturageAbavugaAFCCongoIngaboM23MinisitiriPerezidaRijyana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Nyuma Yo Kugura Prime Ciment, CIMERWA Izahubaka Urundi Ruganda
Next Article Umukozi Wa NAEB Arakekwaho Iyezandonke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?