Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Buri Mupolisi Yahawe $100 Ngo Ajye Kwivuna Abigaragambya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Buri Mupolisi Yahawe $100 Ngo Ajye Kwivuna Abigaragambya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 January 2024 2:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari video iri ku mbuga nkoranyambaga yerekana umupolisi mukuru witwa Magnat ari guha buri mupolisi wa DRC inoti ya $100, uyihawe agahita yurira indege.

Amagambo akurikiye iyo video avuga ko ari amafaranga y’agahimbazamusyi Perezida(uherutse gutangazwa ko yatowe) Felix Tshisekedi yahaye abapolisi yohereje mu bice bitandukanye bya DRC ngo baburizemo abari kwigaragambya bamagana ibiherutse kuva mu matora by’uko ari we wayatsinze.

Buri wese yahawe $100

Muri iyo video hagaragara uwo mupolisi aha buri wese iyo noti, kandi buri mupolisi yahitaga yiruka yurira indege ya kajugujugu yumvikana iparitse iri guhinda.

Buri mupolisi kandi aba afite imbunda n’igikapu bigaragaza ko bari bagiye muri operation.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu minsi mike ishize, abari bahanganye na Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’igihugu barimo Martin Fayulu na Moïse Katumbi batangaje ko batemera ibyavuye mu matora bityo ko hakwiye gutegurwa andi.

Bahise basaba abarwanashyaka babo ko bazindukira mu myigaragambyo bamagana ibyavuye muri ariya matora.

Polisi yaje kubakoma imbere, barahangana ndetse bamwe bahasiga ubuzima, abandi barafungwa.

Uyu mupolisi niwe wahaga buri wese amadolari

Hagati aho kandi hari urubyiruko rw’ahitwa Kikula, muri Likasi  mu Ntara ya Haut-Katanga narwo ruherutse gukozanyaho na Polisi ubwo bigaragambyaga bavuga ko umukandida wabo Katumbi yibwe amajwi.

Me Hervé Diakese uvugira ishyaka Ensemble pour la République rya Katumbi nawe avuga ko abantu badakwiye kwemera ibyavuye muri ariya matora kubera ko ngo ari ibinyoma byahimbye n’abo kwa Tshisekedi.

- Advertisement -

Diakese asaba abantu guhaguruka bakabyamagana.

Me Hervé Diakese uvugira ishyaka Ensemble pour la République rya Katumbi

Hagati aho, Komisiyo y’amatora yatangaje ko abataranyuzwe n’ibyatangajwe mu matora, bafite iminsi ibiri( amasaha 48) yo gutanga ubujurire, bitaba ibyo hakazategurwa umunsi wo kurahiza uwatangajwe ko ari we watsinze.

TAGGED:AbapolisiAmajwiAmatoraKatumbiKwigaragambyaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abambwiye Ko Ibyo Gutera u Rwanda Tshisekedi Yavugaga Yikiniraga
Next Article Rwanda: Umugabo Wa Gatatu Yanizwe N’Inyama Arapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?