Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Imirwano Ikomeye Iherutse Gutuma FARDC Na M 23 Bihatakariza Bikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Imirwano Ikomeye Iherutse Gutuma FARDC Na M 23 Bihatakariza Bikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 July 2022 11:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Intambara irakomeje muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kandi ku rwego rukomeye. Abarwanyi ba M23 berekanye intwaro nyinshi ndetse na radio z’itumanaho rya gisirikare bambuye ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo ahitwa Ntamugenga mu Ntara ya Rutschuru.

Ni nyuma y’imirwano ikomeye yaraye ibereye muri kariya gace.

Umuvugizi wa M 23 Major Willy Ngoma niwe wabyeretse itangazamakuru ndetse amashusho y’ibyo bikoresho ashyirwa ku mbuga nkoranyambanga nka Twitter.

https://twitter.com/M23RDCONG0/status/1543104649334591488?s=20&t=HMybi1_1opZUrFWoIq9b1Q

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bamwe mu baturage babonye ibya ziriya ntwaro byabarakaje basaba Perezida  wa Repubulika ya kiriya gihugu kwirukana abagaba b’ingabo za DRC bakorera mu Burasirazuba bwayo.

Hari n’abandi bavumiye Major Willy Ngoma ku gahera bavuga ko umunsi yapfuye umubiri we uzashyirwa ku gasi ukaribwa n’inkongoro n’ibikona.

Hari uwitwa Patient Mukaz wagize ati: “ Wowe Willy umunsi wapfuye uzaribwa n’inyamaswa zo ku gasoz kandi ndabizi neza ko Imana yacu izakutugabiza kandi nibwo uzamenya ko Imana yacu dusenga ikomeye.”

Undi muturage bisa n’aho ashyigikiye M 23 witwa Benda Bin Rwakabuba ati: “ M 23 tubari inyuma mukomereze aho. Muri mu ntambara igamije gutabara abavuga Ikinyarwanda bari guhigishwa uruhindu n’ingabo za DRC.”

M 23 nayo yakubiswe bikomeye…

- Advertisement -

Ku rundi ruhande, ingabo za DRC zishe abasirikare benshi ba M 23 bari ku rugamba bahanganye nazo muri Rutshuru.

Lieutenant-Colonel Guillaume Ndjike  wo mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo avuga ko ingabo ze zishe abarwanyi 27, bakaba barishwe mu mirwano yabereye muri kariya gace guhera Taliki 30, Kamena kugeza taliki 01, Nyakanga, 2022.

Uyu musirikare usanzwe ari n’Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo avuga ko nabo hari intwaro bambuye bariya barwanyi zirimo izo mu bwoko bwa AK 47 eshanu, imbunda ya RPG 7 imwe, radio z’itumanaho, ingofero zirinda umutwe n’ibindi.

Ibyo M23 yambuye ingabo za DRC bigaragara muri video twashyize haruguru yatangajwe na Major Willy Ngoma ku rubuga rwa Twitter rwa M 23.

Imbunda bivugwa ko M 23 yambuwe n’ingabo za DRC.

Zimwe mu ntwaro zafashwe
Radio z’itumanaho ku rugamba
Imbunda za ba mudahushwa

 

TAGGED:CongoFARDCfeaturedImbunda NgomaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Bishe Umugore Bamuciye Umutwe
Next Article Gen Kabarebe Asobanura Uko Bacitse Uganda Bakaza Kubohora u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?