Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Imirwano Ikomeye Iherutse Gutuma FARDC Na M 23 Bihatakariza Bikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Imirwano Ikomeye Iherutse Gutuma FARDC Na M 23 Bihatakariza Bikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 July 2022 11:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Intambara irakomeje muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kandi ku rwego rukomeye. Abarwanyi ba M23 berekanye intwaro nyinshi ndetse na radio z’itumanaho rya gisirikare bambuye ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo ahitwa Ntamugenga mu Ntara ya Rutschuru.

Ni nyuma y’imirwano ikomeye yaraye ibereye muri kariya gace.

Umuvugizi wa M 23 Major Willy Ngoma niwe wabyeretse itangazamakuru ndetse amashusho y’ibyo bikoresho ashyirwa ku mbuga nkoranyambanga nka Twitter.

https://twitter.com/M23RDCONG0/status/1543104649334591488?s=20&t=HMybi1_1opZUrFWoIq9b1Q

Bamwe mu baturage babonye ibya ziriya ntwaro byabarakaje basaba Perezida  wa Repubulika ya kiriya gihugu kwirukana abagaba b’ingabo za DRC bakorera mu Burasirazuba bwayo.

Hari n’abandi bavumiye Major Willy Ngoma ku gahera bavuga ko umunsi yapfuye umubiri we uzashyirwa ku gasi ukaribwa n’inkongoro n’ibikona.

Hari uwitwa Patient Mukaz wagize ati: “ Wowe Willy umunsi wapfuye uzaribwa n’inyamaswa zo ku gasoz kandi ndabizi neza ko Imana yacu izakutugabiza kandi nibwo uzamenya ko Imana yacu dusenga ikomeye.”

Undi muturage bisa n’aho ashyigikiye M 23 witwa Benda Bin Rwakabuba ati: “ M 23 tubari inyuma mukomereze aho. Muri mu ntambara igamije gutabara abavuga Ikinyarwanda bari guhigishwa uruhindu n’ingabo za DRC.”

M 23 nayo yakubiswe bikomeye…

Ku rundi ruhande, ingabo za DRC zishe abasirikare benshi ba M 23 bari ku rugamba bahanganye nazo muri Rutshuru.

Lieutenant-Colonel Guillaume Ndjike  wo mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo avuga ko ingabo ze zishe abarwanyi 27, bakaba barishwe mu mirwano yabereye muri kariya gace guhera Taliki 30, Kamena kugeza taliki 01, Nyakanga, 2022.

Uyu musirikare usanzwe ari n’Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo avuga ko nabo hari intwaro bambuye bariya barwanyi zirimo izo mu bwoko bwa AK 47 eshanu, imbunda ya RPG 7 imwe, radio z’itumanaho, ingofero zirinda umutwe n’ibindi.

Ibyo M23 yambuye ingabo za DRC bigaragara muri video twashyize haruguru yatangajwe na Major Willy Ngoma ku rubuga rwa Twitter rwa M 23.

Imbunda bivugwa ko M 23 yambuwe n’ingabo za DRC.

Zimwe mu ntwaro zafashwe
Radio z’itumanaho ku rugamba
Imbunda za ba mudahushwa

 

TAGGED:CongoFARDCfeaturedImbunda NgomaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Bishe Umugore Bamuciye Umutwe
Next Article Gen Kabarebe Asobanura Uko Bacitse Uganda Bakaza Kubohora u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?