Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Imodoka 500 Zaheze Mu Isayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Imodoka 500 Zaheze Mu Isayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2023 10:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amezi abaye abiri imodoka ziganjemo amakamyo zarananiwe kuva mu byondo byazifatiye mu muhanda uhuza Gina na Pimbo muri Teritwari ya Djugu mu Ntara ya Ituri.

Imvura imaze iminsi igwa muri iki gice yatumye izo modoka zidashobora gukomeza urugendo kandi ntabwo zishobora no gusubira inyuma.

Ziganjemo amakamyo yikoreye ibintu nkenerwa byari bishyiriwe abatuye Pimbo.

Muri yo hapakiyemo ibikomoka kuri petelori. Hari n’amavatiri y’abikorera ku giti cyabo yahaheze.

Igitangaje ni uko na moto zidashobora gukata ngo zive ahantu hamwe zijye ahandi.

Umuturage witwa Aksante Dz’rodjo usanzwe ari umumotari ahitwa Ndjibha avuga ko bigoye cyane ko ziriya modoka zizava muri ririya sayo.

We na bagenzi be bibaza aho amafaranga batanga yo gutunganya imihanda ajya.

Ni amafaranga bita péage route.

Umushoferi witwa Abubakar Haruni avuga ko agiye kumara ukwezi atabasha kugira aho atarabukira kuko imodoka idashobora gutirimuka.

Avuga ko wagira ngo hari uwabateye umwaku, akavuga ko abayobozi babo ari inyangabirama kubera ko bahabwa amafaranga n’abaturage ngo bakore imihanda ariko bakayarya.

Imihanda yo muri Ituri imeze nabi cyane.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko abanyamakuru bayo bagerageje kuvugana n’ikigo gishinzwe gukora imihanda no kuvurura ishaje kitwa Direction Générale des Recettes de la Province de l’Ituri (DGRPI) ariko ntibyabakundiye.

TAGGED:AmakamyoDRCIturiUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Abantu Umunani Barembeye Mu Bitaro Kubera Ubushera
Next Article Pasiteri Yongwe Yatawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?