Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Umushoferi Wa Katumbi Yaburiwe Irengero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Umushoferi Wa Katumbi Yaburiwe Irengero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 October 2024 8:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Moïse Katumbi Chapwe
SHARE

Kafutshi wari usanzwe utwara umunyapolitiki ukomeye mu batavuga rumwe na Leta ya Tshisekedi  witwa Moïse Katumbi Chapwe aravugwaho kurigiswa. Imiryango itatu iharanira uburenganzira bwa muntu yabyamaganye.

Hari amakuru avuga ko uwo mushoferi yatwawe n’abakora mu nzego z’umutekano, hari mu ijoro ryo kuya 01 rishyira iya 02, Ukwakira, 2024.

Ayo makuru kandi avuga ko uriya mugabo yarigishijwe kugira ngo agire ibyo abazwa ku muhanda wo ku kibuga cy’indege shebuja Katumbi ari  gusana ngo uwuhuze n’Umudugudu wa Mulonde uri muri Teritwari ya Mpweto muri Haut-Katanga.

Imiryango itatu iharanira uburenganzira bwa muntu yarihuje isohora itangazo ryo kwamagana ifatwa ry’uriya mugabo, ikavuga ko ifite amakenga ko ashobora kuba ari gukorerwa iyicarubozo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Moïse Katumbi, umwe mu bakire bakomeye muri kiriya gihugu, mbere yo gutangira gusana umuhanda uhuza umudugudu n’ikibuga cy’indege, yabanje kwandikira ubuyobozi bw’Ikigo cy’indege za gisivili abibumenyesha.

Ni ibyemezwa na Radio Okapi dukesha iyi nkuru.

Nyuma yaje gusubizwa n’ubuyobozi bwa kiriya kigo ko nubwo abamenyesheje ko ari uko bimeze, ku rundi ruhande yakoze icyaha kuko yatangiye gusana uwo muhanda atarabiherwa uruhushya.

Bityo rero agomba gukurikiranwa n’itegeko Nomero 183 rigenga iby’indege za gisivili muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Kimwe mu bika by’iryo tegeko kivuga ko umuntu uhamwe n’ibyaha riteganya, ahanishwa igihano cy’imirimo nsimburagifungo ikorwa hagati y’imyaka itanu n’imyaka 10 ndetse n’amande.

- Advertisement -

Ayo mande ntavugwa ingano yayo.

Nyuma y’uko ibaruwa isubiza Katumbi isohotse, abashinzwe umutekano bahise bamanuka bajya iwe bahasanga umushoferi bamutwarana n’imodoka yari arimo.

Twabibutsa ko Moïse Katumbi afite ishyaka Ensemble pour la République rifite abayoboke biganje mu rubyiruko.

Uru rubyiruko ruherutse gukorera inama yaguye ahitwa Kalemie rusaba Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo kubaka ubumwe bw’abaturage bose aho kwibasira uwo bita Perezida wabo.

Abo basore n’inkumi bavuga ko gushyira igitutu ku muyobozi wabo ngo ni uko yubatse umuhanda uhuza umudugudu n’ikibuga cy’indege ari ukubangamira iterambere rusange kuko yabikoze mu nyungu z’abaturage.

Umwe mu bayobozi bakuru b’urugaga rw’urubyiruko rw’ishyaka Ensemble pour la République witwa Vianey Muteta avuga ko ubutabera budakwiye gukoreshwa mu nyungu za Politiki ngo bukoreshwe nabi ku mugabo uharanira ko abaturage ba DRC babaho neza.

Atanga ingero z’ibindi bikorwa byiza Katumbi yubakiye abaturage birimo imihanda yubatse muri Kibombo, Maniema, Kasenga muri Pweto no mu Mudugudu avukamo w’ahitwa Kashobwe muri Haut-Katanga.

Vianey Muteta yagiye kure mu magambo ye agera naho yemeza ko ibiri gukorwa n’ubutegetsi biri mu murongo mugari  wo gukura umutima abatavuga rumwe nabwo, hanyuma bukabona uko butegura neza ibyo guhindura Itegeko Nshinga ngo Tshisekedi azabone uko yiyamamariza indi manda.

Mu Ukuboza, 2023 habaye amatora y’Umukuru w’igihugu Katumbi arayatsindwa ariko aza ari uwa kabiri kuri Félix Tshisekedi.

TAGGED:CongoDRCfeaturedIshyakaKatumbiUmushoferi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Batatu Bandi Bakize Marburg
Next Article Nyabihu: Urusimbi Rwitwa Akazungu Rugiye Kumaraho Abagore Amafaranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?