Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Umwuzure Wabujije Benshi Gusohoka Mu Modoka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahanga

DRC: Umwuzure Wabujije Benshi Gusohoka Mu Modoka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 April 2025 4:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ibice bituriye uruzi rwa Ndjili byuzuye amazi
SHARE

Imvura yaguye mu Murwa mukuru wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo yatumye uruzi rwa Ndjili rwuzura, amazi arasembera ku buryo yabujije abo ku ruhande rumwe kwambuka bajya ku rundi.

Abo yasanze hakurya mu modoka zabo byabaye ngombwa ko baziraramo.

Yatangiye kugwa mu ijoro ryo ku wa Gatanu irakomeza kugeza kuri uyu wa Gatandatu Tariki 05, Mata, umunsi amazi yatangiye kurenga inkombe za ruriya ruzi agafunga umuhanda ugendwa cyane bita Boulévard Lumumba.

Ni umuhanda bitiriye Patrice Lumumba(1925 – 1961) wabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere wa Congo ikibona ubwigenge.

Amazi y’uriya mwuzure kandi yatumye abashakaga kujya gutega indege badashobora kujya yo kuko umuhanda ugana ku kibuga mpuzamahanga cya Ndjili wabaye amazi gusa gusa.

Ikindi ni uko hari impungenge ko amazi nakomeza kwiyongera bizateza akaga ku bantu baheze ku kiraro cyo ku ruzi rwa Ndjili bananiwe kujya imbere cyangwa ngo basubire inyuma kubera amazi menshi ari kuri buri ruhande.

Umwe muri abo baturage utwaye imodoka avuga ko we nabo bari kumwe bari baturutse ahitwa Masina bagannye i Lingwala bazagarikwa no gusanga abantu badatambuka.

Yabwiye Radio Okapi ati: “ Twabanje kugira ngo ni umubyigano w’ibinyabiziga usanzwe ariko tuza kumenya ko ari imvura yabaye ikibazo gikomeye iteza umwuzure ukomeye ku kiraro cya Ndjili. Nakubwira ko ibyateye uyu muvundo ari bibiri: uruvunganzoka rw’abantu n’umwuzure”.

Kugeza kandi haravugwa abantu bahitanywe n’uyu mwuzure, ariko inzego z’aho byabereye ntiziragira umubare wabo zitangaza.

Guverineri w’Umujyi wa Kinshasa Daniel Bumba avuga ko basabye abaturage kuva mu bice bishobora kugarizwa n’umwuzure, inkangu n’ibindi biza.

Leta ivuga ko ikigamijwe ari ukwirinda ko abantu batuye mu manegeka bazahitanwa n’ibiza mu gihe kiri imbere.

Ubuyobozi bwa Kinshasa buvuga ko hari Komini 14 muri 24 zigize uyu mujyi zidafite amazi meza kubera ko imiyoboro yayo yangijwe n’umwuzure.

TAGGED:CongoImvuraKinshasaUmwuzureUruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Inkubi Yasakambuye Inzu Nyinshi Zirimo N’Amashuri
Next Article Ibihugu 50 Biraganira Na Trump Ngo Yisubireho Ku Misoro Yashyizeho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?