Constant Mutamba wigeze kuba Minisitiri w’ubutabera yasabiwe n’Ubushinjacyaha gukatirwa igihano cyo gukora imirimo nsimburagifungo mu gihe cy’imyaka 10.
Bwasabye kandi ko narangiza icyo gihano azacibwa mu mirimo yose ya Leta kandi ntazigere ahabwa imbabazi na Perezida.
Ubushinjacyaha kandi bwasabye ko uwo mugabo ahamwa no kunyereza Miliyoni $19, ariko we arabihakana.
Ni amafaranga ubushinjacyaha buhagarariye Leta muri uru rubanza buvuga ko yari ayo kwishyura abantu bagizweho ingaruka n’intambara, akaba yarishyuwe na Uganda.
Yari buzakoreshwe mu kubaka Gereza ya Kisangani hanyuma Mutamba wari Minisitiri w’ubutabera aza kuyanyereza.
Ababuranira Constant Mutamba bo bavuga ko arengana ndetse ko kumwita umujura kandi yarahoze ashinzwe ubutabera ari ikimwaro bari guteza uru rwego.
Abamwunganira kandi bavuga ko amafaranga ashinjwa ntayo yanyereje, ko ari muri Banki, ko uwayashaka yazayahasanga.
Urukiko ruzanzura Tariki 27, Kanama, 2025.