Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Uwahoze Ari PM Yifatanyije Na Katumbi Mu Kwiyamamariza Kuba Perezida
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Uwahoze Ari PM Yifatanyije Na Katumbi Mu Kwiyamamariza Kuba Perezida

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2023 8:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha y’ijoro ryakeye kuri uyu wa 20, Ugushyingo, 2023, Prof Augustin Matata Ponyo yanditse kuri X ko akurikije uko ibiganiro by’abatavuga rumwe na Leta biherutse kubera i Pretoria byanzuye, ahisemo kwifatanya na Moïse Katumbi Chapwe mu kwiyamamariza kuzayobora DRC mu matora ateganyijwe taliki 20, Ukuboza, 2023.

Avuga ko bikwiye ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi bishyira hamwe, bagahuza imbaraga kugira ngo bazatsinde ariya matora.

Ponyo yahoze ari Minisitiri w’Intebe ku butegetsi bwa Joseph Kabila.

Kuri X, Augustin Matata Ponyo yanditse ati: “ Iyo urebye uko ibintu byifashe mu gihugu  cyacu, aho ubutegetsi buri kureba uko bwakwiba amajwi, kandi ukitegereza n’uburyo isi yose iduhanze amaso ngo irebe uko tuzabyifatamo, usanga ari ngombwa ko abatavuga rumwe na Guverinoma twishyira hamwe kugira ngo duhuze imbaraga zo guharanira kugarurira ikizere abaturage ba Congo.”

Mu minsi ishize, abatavuga rumwe na Leta bahuriye i Pretoria muri Afurika y’Epfo baganira uko bakwihuza ngo bazahangane na Felix Tshisekedi uri ku butegetsi muri iki gihe kandi nawe ushaka indi manda.

Abo ni  Dènis Mukwege, Delly Sesanga, Moïse Katumbi na Augustin Matata Ponyo.

Bakoze Ihuriro bise ‘Congo Ya Makasi’ mu Kinyarwanda ni ‘ Congo Y’Umutamenwa’.

Amafoto y’abandi batavuga rumwe na Tshisekedi:

Prof Denis Mukwege
Moïse Katumbi
Delly Sesanga

 

TAGGED:AmatoraCongoKatumbiMatataTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hagiye Kubakwa Inkuta Zikumira Amazi Ya Sebeya
Next Article Gaze Niyo Yatwitse Gare Ya Musanze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?