Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2025 4:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusirikare muto utatangajwe amazina yarashe umuyobozi we ufite ipeti rya Captain aramwica. Yamujijije kumurira amafaranga y’agahimbazamusyi.

Byabereye i Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru amutsinda ahitwa Ngululu nk’uko Actualite.cd yabyanditse.

Yanditse iti: “Amakuru atubwira ko babanje gutongana kugeza ubwo umwe yarashe undi amuziza ko ngo yamuririye amafaranga y’agahimbazamusyi.”

Uwo musirikare yahise amurasa amutsinda aho, igikuba kiracika mu bantu bari aho, bariruka bajya kwihisha mu bigunda n’ibihuru biri hafi aho.

Uwakoze ibyo yahise afatwa na bagenzi be bari aho bamushyikiriza ubugenzacyaha bwa gisirikare ngo bumukoreho iperereza.

Itangazamakuru ryo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo rijya ryandika ko abasirikare ba DRC badahembwa neza ndetse hakaba n’ubwo abayobozi babo babanyaga amafaranga yabo.

Mbere ya Werurwe, 2025, umusirikare wa DRC muto yahembwaga $100 ku kwezi ni ukuvuga Frw 140,000 birengaho make, ariko ubu ahembwa $500 ni ukuvuga Frw 640,000.

Aya mafaranga yarongerewe bikorwa na Leta mu rwego rwo kuzamura ubushake bw’abasirikare ngo bahangane neza ku rugamba.

TAGGED:AfandeAmafarangaImbundaUmusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo
Next Article Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?