Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dufite Abagenzacyaha Bize Byinshi Ariko Ntawize Amarenga – Umuyobozi Wungirije Wa RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dufite Abagenzacyaha Bize Byinshi Ariko Ntawize Amarenga – Umuyobozi Wungirije Wa RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2022 7:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 Ubwo yatangizaga amahugurwa agenewe abagenzacyaha mu rurimi rw’amarenga, Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB , Isabelle Kalihangabo yavuze ko n’ubwo abakozi ba ruriya rwego bize byinshi bibafasha mu kazi kabo, ngo nta n’umwe wari uzi amarenga.

Amarenga ni ururimi rutaremerwa mu ndimi zikoreshwa mu Rwanda ariko abagenzacyaha bavuga ko rucyenewe kugira ngo bamenye uko bafasha ababagana bafite ikibazo cyo kutumva no kutavuga, ariko bazi amarenga.

Isabelle Kalihangabo wari umushyitsi mukuru muri iki gikorwa yavuze ko ariya mahugurwa yari akenewe kuko agamije gufasha abagenzacyaha kumenya uko bafasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga babagana.

Ati: “ N’ubwo dufite abakozi bazi byinshi bibafasha mu kugenza ibyaha, nta muntu wize amarenga twagiraga.”

Yashimiye ihuriro ry’abagore bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kuko ari bo bazafasha mu guhugura abagenzacyaha kugira ngo bakore akazi kabo bifashishije ururimi rw’amarenga.

Kalihangabo avuga ko guhugura abagenzacyaha mu rurimi rw’amarenga ari ingenzi kugira ngo hatagira Umunyarwanda wimwa ubutabera kubera iriya mbigamizi.

Uwitwa Dativa Mukashema wari uhagarariye ihuriro ry’abagore n’abakobwa bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ryitwa Rwanda National Association of Deaf Women nawe yashimye ko ihuriro ahagarariye ryiyemeje gukorana na RIB muri kiriya gikorwa.

Avuga ko kuba ariya mahugurwa y’amezi atatu aje mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore, ari ikintu cyiza kandi kiziye igihe.

Ati: “Kuba bibaye mu gihe u Rwanda rwitegura kwifatanya n’amahanga mu kwizihiza umunsi mukuru w’abagore ni ikintu cy’agaciro kandi ni ngombwa kuzikana ko u Rwanda rwakoze kandi rugikora byinshi mu kuzamura imibereho y’abagore ndetse n’abagore bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga by’umwihariko.”

Dativa Mukashema

Umukozi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ukorera ku Karere ka Gakenke yabwiye Taarifa ko yishimiye ko agiye guhugurwa ku rurimi rw’amarenga kuko ngo bifasha iyo umuntu ahuye n’umuturage ukeneye buriya bufasha.

Avuga ko iyo yahuraga n’ikibazo nka kiriya yifashishaga abo mu bushinjacyaha bagashaka umuntu wize amarenga akaza gusa ngo ibi ntibyari bikwiye kuko iyo umuntu yahuye n’ikibazo atari we ukisobanuriye, bitumvikana nk’uko yashakaga kubisobanura.

Uwaje ahagarariye Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga, NCPD, witwa Sylvie Nyirabugenimana yavuze ko abo yaje ahagarariye bashyigikiye ko abagenzacyaha bahugurwa muri ruriya rurimi.

Yunzemo ko Inama y’igihugu y’abafite ubumuga  yifuza ko ururimi rw’amarenga rushyirwa mu ndimi zemewe mu Rwanda kugira ngo nturube urwa bamwe ahubwo rube urwa bose kuko ntawamenya aho  umuntu ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga azajya gusaba serivisi.

Taarifa yamenye ko abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bose hamwe mu Rwanda bagera ku 33,000

Ku ikubitiro aya mahugurwa yatangiriye mu Karere ka Rwamagana ( Intara y’i Burengerazuba) na Kamonyi( mu Ntara y’Amajyepfo) ariko ku rwego rw’igihugu yatangiriye ku kicaro gikuru cy’Urwego rw’Ubugenzacyaha ku Kimihurura.

Bose hamwe ni abagenzacyaha 30 batangiye aya mahugurwa.

Uwaje ahagarariye Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga, NCPD, witwa Sylvie Nyirabugenimana yavuze ko abo yaje ahagarariye bashyigikiye ko abagenzacyaha bahugurwa muri ruriya rurimi.
Umwe mu baje guhugura abagenzacyaha mu rurimi rw’amarenga
Arabahugura mu rurimi rw’amarenga
Abari bitabiriye iki gikorwa bafashe ifoto rusange
TAGGED:AmarengafauturedfeaturedKalihangaboRIBUbugenzacyahaUrurimi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Y’u Burusiya Na Ukraine Igiye Gufata Intera Ikomeye
Next Article Dushaka Gukorana Mu Bucuruzi, Uburezi N’Ubukerarugendo-Perezida Kagame Abwira Mugenzi We Wa Guinea Bissau
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?