Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dushaka Gukorana Mu Bucuruzi, Uburezi N’Ubukerarugendo-Perezida Kagame Abwira Mugenzi We Wa Guinea Bissau
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Dushaka Gukorana Mu Bucuruzi, Uburezi N’Ubukerarugendo-Perezida Kagame Abwira Mugenzi We Wa Guinea Bissau

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2022 5:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yakiraga mugenzi we uyobora Guinea Bissau uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu, Perezida Kagame yamubwiye ko u Rwanda rwifuza gukomeza ubufatanye rufitanye na Guinea Bissau mu nzego z’uburezi, ubukerarugendo n’ubucuruzi.

Ni mu ijambo yavuze uko yamwakiraga mu Biro bye Village Urugwiro.

Nyuma y’ijambo rya Perezida Kagame yakira mugenzi we n’undi akagira icyo avuga yishimira ikaze yahawe, hakurikiyeho gusinya amasezerano y’imikoranire hagati ya Minisiteri z’ububanyi n’amahanga zombi.

Minisiteri z’ububanyi n’amahanga z’ibihugu byombi zasinye amasezerano y’ubufatanye

Perezida  Umaro Sissoco Embaló ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu

Uyu mugabo utamaze igihe kinini ayobora kiriya gihugu  mu minsi ishize yararusimbutse ubwo  bamwe mu basirikare be bakuru bashakaga kumuhirika bigapfuba.

Ubu hari abasirikare barimo n’ufite ipeti rya Colonel batawe muri yombi bakekwaho uruhare muri uriya mugambi.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege cya Kanombe yakiriwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta.

Umaro Mokhtar Sissoco Embaló yavutse muri Nzeri, 1972.

Uretse kuba ari umunyapolitiki, ni n’umwarimu muri Kaminuza wigishije ibya Politiki, abo bita Political scientist.

Hejuru y’ibi kandi ni n’umusirikare mukuru.

Mbere y’uko aba Perezida wa Repubulika yari asanzwe ari Minisitiri w’Intebe.

Yabaye Perezida wa Guinea Bissau guhera taliki 27, Gashyantare, 2020.

Amasezerano y’ubuhahirane hagati y’ibihugu by’Afurika ni ikintu cy’ingenzi kandi gukorana bituma ibihugu byongera imbaraga.

Nyakaubahwe tubifurije kuza neza mu Rwanda kandi niteguye nanjye kuzabasura bidatinze.

 

Ijambo Perezida Kagame yavuze ubwo yakiraga mugenzi we mu Biro bye.

TAGGED:featuredGuineaKagameRwandaUbucuruziUbukerarugendoUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dufite Abagenzacyaha Bize Byinshi Ariko Ntawize Amarenga – Umuyobozi Wungirije Wa RIB
Next Article U Rwanda Rutegereje Icyemezo cy’u Burundi Ku Gufungura Imipaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?