Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dushaka Gukorana Mu Bucuruzi, Uburezi N’Ubukerarugendo-Perezida Kagame Abwira Mugenzi We Wa Guinea Bissau
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Dushaka Gukorana Mu Bucuruzi, Uburezi N’Ubukerarugendo-Perezida Kagame Abwira Mugenzi We Wa Guinea Bissau

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2022 5:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yakiraga mugenzi we uyobora Guinea Bissau uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu, Perezida Kagame yamubwiye ko u Rwanda rwifuza gukomeza ubufatanye rufitanye na Guinea Bissau mu nzego z’uburezi, ubukerarugendo n’ubucuruzi.

Ni mu ijambo yavuze uko yamwakiraga mu Biro bye Village Urugwiro.

Nyuma y’ijambo rya Perezida Kagame yakira mugenzi we n’undi akagira icyo avuga yishimira ikaze yahawe, hakurikiyeho gusinya amasezerano y’imikoranire hagati ya Minisiteri z’ububanyi n’amahanga zombi.

Minisiteri z’ububanyi n’amahanga z’ibihugu byombi zasinye amasezerano y’ubufatanye

Perezida  Umaro Sissoco Embaló ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu mugabo utamaze igihe kinini ayobora kiriya gihugu  mu minsi ishize yararusimbutse ubwo  bamwe mu basirikare be bakuru bashakaga kumuhirika bigapfuba.

Ubu hari abasirikare barimo n’ufite ipeti rya Colonel batawe muri yombi bakekwaho uruhare muri uriya mugambi.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege cya Kanombe yakiriwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta.

Umaro Mokhtar Sissoco Embaló yavutse muri Nzeri, 1972.

Uretse kuba ari umunyapolitiki, ni n’umwarimu muri Kaminuza wigishije ibya Politiki, abo bita Political scientist.

- Advertisement -

Hejuru y’ibi kandi ni n’umusirikare mukuru.

Mbere y’uko aba Perezida wa Repubulika yari asanzwe ari Minisitiri w’Intebe.

Yabaye Perezida wa Guinea Bissau guhera taliki 27, Gashyantare, 2020.

Amasezerano y’ubuhahirane hagati y’ibihugu by’Afurika ni ikintu cy’ingenzi kandi gukorana bituma ibihugu byongera imbaraga.

Nyakaubahwe tubifurije kuza neza mu Rwanda kandi niteguye nanjye kuzabasura bidatinze.

 

Ijambo Perezida Kagame yavuze ubwo yakiraga mugenzi we mu Biro bye.

TAGGED:featuredGuineaKagameRwandaUbucuruziUbukerarugendoUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dufite Abagenzacyaha Bize Byinshi Ariko Ntawize Amarenga – Umuyobozi Wungirije Wa RIB
Next Article U Rwanda Rutegereje Icyemezo cy’u Burundi Ku Gufungura Imipaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?