Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dushima ko Abanyarwanda bamenye ibyo abapolisi batemerewe gukora- CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dushima ko Abanyarwanda bamenye ibyo abapolisi batemerewe gukora- CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2020 11:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco  Kabera avuga ko bimaze kugaragara ko Abanyarwanda bazi ibyo Umupolisi yemerewe n’ibyo atemerewe gukora. Yabivuze nyuma yo kwereka itangazamakuru abagabo batatu Polisi ikurikiranyeho kuyiyitirira bakaka abaturage ruswa.

Abaturage batatu Polisi yeretse itangazamakuru ni abo mu Karere ka Gicumbi.  Bose bahakanye ibyo Polisi ibakurikiranyeho, bavuga ko babeshyerwa.

Umwe mu baturage bivugwa ko batekewe umutwe na bariya baturage yitwa Chantal.

Avuga ko uwamutekeye umutwe yitwa Boniface akaba yaramubwiye ko agomba kumwoherereza Frw 10 000 kugira ngo azafashe umwe mu nshuti ze kubona uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ikinyabiziga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Chantal avuga ko Boniface yamubwiraga ko akora mu ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, kandi ko ashobora gufasha umwe mu nshuti ze[za Chantal] kubona ‘permis provisoire’.

Boniface yahakanye ibyo Chantal amushinja, avuga ko nta kintu kibyemeza.

Abandi bagabo babiri bari kumwe nawe bo bavugwaho kwiyitirira Polisi bakaka umucuruzi Frw 100 000.

Umucuruzi wo muri Gicumbi uvuga ko yatekewe umutwe, avuga ko bariya basore babiri baje mu kabari yacururizaga mo bamwaka  Frw 100 000, bamubwira ko natabibaha bari bumuteze Polisi.

Ati: “ Baraje bambwira ko bashaka inzoga, mbabwira ko ninzibaha bari bizijyane mu ngo zabo kuko bitemewe kunywera mu kabari, ariko bakomeje kuzisaba ngeze aho ndazibaha bamaze kunywa bambwira ko gucuruza kambuca bitemewe ko bagiye kubibwira Polisi niba ntabahaye Frw 100.000.”

- Advertisement -

Avuga ko yayabimye. Abavugwaho buriya butekamutwe nabo bahakanye ibyo uriya mucuruzi abarenga, bavuga ko nta cyaha bakoze.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police, John Bosco Kabera avuga kuba bariya bantu barishoye muri biriya bikorwa, abaturage baklabatahura ari ikintu cyo kwishimira.

Ati: “ Icyo tumaze kubona ni uko abaturage bamenye ibyo umupolisi w’u Rwanda yemerewe n’ibyo atemerewe gukora  bityo bigatuma batumenyesha abiyitirira uru rwego.”

CP Kabera yaburiye abantu bafite umugambi wo kwiyitirira Polisi y’u Rwanda ko bazafatwa kuko nibabikora abaturage bazabavamo, bakabiyimenyesha.

Avuga ko bariya baturage bagiye kugezwa mu bugenzacyaha  kandi ngo iyo kibahamye bahanishwa igifungo kiri hagati y’umwaka umwe n’imyaka itanu.

Aba bagabo bavugwaho gutekera abaturage imitwe bababeshya ko bakorera Polisi
Chantal avuga ko Boniface yamwatse Frw 10 000 yiyita ko akorera Traffic Police
TAGGED:AbanyarwandafeaturedGicumbiKaberaPolisiRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakobwa ba Nep Queenz ntibaciwe intege n’ubwitabire buke bw’abafana
Next Article Kagame ari mu nama yiga itangizwa ry’isoko rusange ry’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?