Mu Rwanda
Dushima ko Abanyarwanda bamenye ibyo abapolisi batemerewe gukora- CP Kabera
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko bimaze kugaragara ko Abanyarwanda bazi ibyo Umupolisi yemerewe n’ibyo atemerewe gukora. Yabivuze nyuma yo kwereka itangazamakuru abagabo batatu Polisi ikurikiranyeho kuyiyitirira bakaka abaturage ruswa.
Abaturage batatu Polisi yeretse itangazamakuru ni abo mu Karere ka Gicumbi. Bose bahakanye ibyo Polisi ibakurikiranyeho, bavuga ko babeshyerwa.
Umwe mu baturage bivugwa ko batekewe umutwe na bariya baturage yitwa Chantal.
Avuga ko uwamutekeye umutwe yitwa Boniface akaba yaramubwiye ko agomba kumwoherereza Frw 10 000 kugira ngo azafashe umwe mu nshuti ze kubona uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ikinyabiziga.
Chantal avuga ko Boniface yamubwiraga ko akora mu ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, kandi ko ashobora gufasha umwe mu nshuti ze[za Chantal] kubona ‘permis provisoire’.
Boniface yahakanye ibyo Chantal amushinja, avuga ko nta kintu kibyemeza.
Abandi bagabo babiri bari kumwe nawe bo bavugwaho kwiyitirira Polisi bakaka umucuruzi Frw 100 000.
Umucuruzi wo muri Gicumbi uvuga ko yatekewe umutwe, avuga ko bariya basore babiri baje mu kabari yacururizaga mo bamwaka Frw 100 000, bamubwira ko natabibaha bari bumuteze Polisi.
Ati: “ Baraje bambwira ko bashaka inzoga, mbabwira ko ninzibaha bari bizijyane mu ngo zabo kuko bitemewe kunywera mu kabari, ariko bakomeje kuzisaba ngeze aho ndazibaha bamaze kunywa bambwira ko gucuruza kambuca bitemewe ko bagiye kubibwira Polisi niba ntabahaye Frw 100.000.”
Avuga ko yayabimye. Abavugwaho buriya butekamutwe nabo bahakanye ibyo uriya mucuruzi abarenga, bavuga ko nta cyaha bakoze.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police, John Bosco Kabera avuga kuba bariya bantu barishoye muri biriya bikorwa, abaturage baklabatahura ari ikintu cyo kwishimira.
Ati: “ Icyo tumaze kubona ni uko abaturage bamenye ibyo umupolisi w’u Rwanda yemerewe n’ibyo atemerewe gukora bityo bigatuma batumenyesha abiyitirira uru rwego.”
CP Kabera yaburiye abantu bafite umugambi wo kwiyitirira Polisi y’u Rwanda ko bazafatwa kuko nibabikora abaturage bazabavamo, bakabiyimenyesha.
Avuga ko bariya baturage bagiye kugezwa mu bugenzacyaha kandi ngo iyo kibahamye bahanishwa igifungo kiri hagati y’umwaka umwe n’imyaka itanu.
Aba bagabo bavugwaho gutekera abaturage imitwe bababeshya ko bakorera Polisi
Chantal avuga ko Boniface yamwatse Frw 10 000 yiyita ko akorera Traffic Police
-
Mu Rwanda3 days ago
Kicukiro:Uwataburuwe Ku 110 000 Frw Yamenyekanye, Nicyo Yazize Twakimenye
-
Mu mahanga1 day ago
Bobi Wine yatoreye i Magere, yari kumwe n’umugore we Itungo
-
Mu Rwanda2 days ago
Rwanda: COVID-19 yishe Padiri , apfuye akurikira Padiri Ubald utarashyingurwa
-
Mu mahanga3 days ago
Burundi: COVID-19 Yafashe Indi Ntera, Perezida Ndayishimiye ‘Yarakaye’
-
Mu Rwanda7 hours ago
Umunyemari Aloys Rusizana yarekuwe
-
Imyidagaduro1 day ago
Producer Element Wadukanye ‘Eleeeh’ Muri Buri Ndirimbo Akoze Ni Muntu Ki?
-
Imyidagaduro2 days ago
Kuba Icyamamare Ukubaka Rugakomera Si Ibya Bose, Hari Abo Byananiye Mu Rwanda
-
Mu Rwanda2 days ago
RDF Irakomeza Akazi Muri CAR N’ubwo Yatakaje Umusirikare