Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dushima Ko Dufite Leta Idushyigikiye- Perezida W’Urugaga Rw’Abakorera Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Dushima Ko Dufite Leta Idushyigikiye- Perezida W’Urugaga Rw’Abakorera Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2022 12:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Robert Bafakulera uyobora Federasiyo y’abikorera ku giti cyabo mu Rwanda avuga ko abikorera ku giti cyabo mu Rwanda bafite amahirwe yo gukora bisanzuye kandi batekanye kubera ko Leta ibashyigikiye.

Yabivugiye mu mwiherero uri guhuza abakorera ku giti cyabo uri kubera mu Karere ka Bugesera.

Bafakulera ati: “Dufite amahirwe y’uko Guverinoma yacu ituri inyuma kandi ntibiba henshi ku isi.”

Avuga ko muri iki gihe abikorera ku giti cyabo bo mu Rwanda bafite uburyo bwose bwo gutera imbere binyuze mu gukoresha serivisi zihabwa Abanyarwanda muri rusange.

Abakorera bahagarariye abandi bari mu mwiherero uri kubera mu Bugesera

Umwe mu bashyitsi baganirije abari muri uriya mwiherero ni General James Kabarebe.

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano Gen Kabarebe yababwiye ko nyuma ya  Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, nta muntu wakekaga ko u Rwanda rwaba uko rumeze muri iki gihe.

Gen. James Kabarebe yasabye  abikorera kongera umurego mu byo bakora kuko bafatiye runini ubukungu bw’igihugu n’imibereho myiza y’abaturage.

#HappeningNow:
Gen. @KabarebeJames is now addressing the #PSFRetreat22 participants

" Our Country had a well structured Administration from the grassroot level but when colonialists came the economy and entire country was completely destroyed" pic.twitter.com/6TirM1B6Tj

— PSF Rwanda (@PSF_Rwanda) May 9, 2022

Icyiciro cya mbere cy’ibiganiro byahuje abagize Federasiyo y’abikorera ku giti cyabo cyaganiwe mo uko abikorera ku giti cyabo bakomeza ubufatanye.

Ni umwiherero watangiye taliki 08 kugeza taliki 10, Gicurasi, 2022.

Bari  kuganira no kuganirizwa ku nshingano zabo zo gukemura ibibazo by’abacuruzi ku nzego zose batoreweho kugira ngo ubucuruzi buzamuke.

RDB Yaganiriye N’Abanyemari Bakomeye Uko Bazabyaza Umusaruro Inama Za CHOGM

TAGGED:AbikoreraBafakurelaBugeserafeaturedKabarebePSF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyanja: Ububiko Bw’Ibinyabuzima Byinshi Bitaravumburwa
Next Article Umwe Mu Babaye Miss Rwanda Arafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?