Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dusobanukirwe Na ‘Rosh HaShanah’: Umunsi Wo Kuvuza Impanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Dusobanukirwe Na ‘Rosh HaShanah’: Umunsi Wo Kuvuza Impanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2022 7:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Man in a tallit, Jewish prayer shawl is blowing the shofar ram's horn
SHARE

Buri muryango mugari w’abantu cyane cyane abagize amateka maremare kandi yashishikaje isi yo mu gihe cyabo, ugira imigenzo n’imihango ndetse n’imiziririzo.

Mu Rwanda ho ni myinshi k’uburyo Musenyeri Aloys Bigirumwami yigeze no kuyandikamo igitabo yise ‘Imihango, Imigenzo n’Imiziririzo mu Rwanda rwo Hambere’

Yacyanditse mu mwaka wa 1974.

Iki gitabo ni Bigirumwama wacyanditse mu mwaka wa 1974

Muri uko kugira imihango, Abanyarwanda nabo bagiraga indangabihe yabo y’umwaka, bakagira Mubazi n’ibindi bikubiye mu nkuru Taarifa yigeze kwandika muri buze gusoma ku musozo w’iyi duteruye.

Ku byerekeye Abayahudi, nabo ni abaturage batuye hirya no hino ku isi ariko bakaba barahoranye igihugu( n’ubu bagisubiyemo) kitwa Israel.

Kubera ko mu myemerere yabo bemera ko ari bo bwoko bw’Imana, bafite n’imigenzo n’imyemerere ishingiye kuri byo.

Nk’ubu, abaturage ba Israel bazi kandi bemera neza ko umwaka wabo utangira taliki 25, Nzeri.

Ni igikorwa bavuga ko kitaba italiki imwe gusa ahubwo ngo gitangira ku italiki twavuze haruguru(izuba rirashe) kikazarangira Taliki 27, Nzeri ijoro riguye.

Iki gihe mu Giheburayo bakita Rosh HaShanah (רֹאשׁ הַשָּׁנָה,).

Ni umunsi bita ko ari uwo kuvuza impanda kugira ngo abaturage ba Israel bibuke ko ari wo munsi Imana yaremye umuntu wa mbere, uwo benshi bita Adam.

Muri Bibiliya ya Giheburayo, uriya munsi bawita Yom Teruah.

Mu kwizihiza intangiriro z’umwaka w’Abayahudi, abaturage bavuze impanda( mu Giheburayo bayita Shofar).

Kuyivuza babitegekwa n’imirongo iri muri Bibiliya ya Giheburayo bita Torah.

Amabwiriza agendana no kwizihiza uyu munsi avuga ko abaturage bagomba kujya mu masinagogi, bagasomerwa kandi bagasubiramo imirongo yanditswe n’abahanga muri Torah (abo bahanga babita Rabbis) yitwa Teshuva bakavugiriza hamwe ikondera kandi bagasangira amafunguro yateguriwe uwo munsi.

Torah niyo igenga imyemerere ya Kiyahudi.

Mu mafunguro barya, haba harimo imbuto bita pomes zisize ubuki, bigakorwa mu rwego rwo gushima Imana ko yabahaye igihugu ‘gitemba amata n’ubuki.’

N’Abanyarwanda bemeza ko u Rwanda ari igihugu gitemba amata n’ubuki.’

Ku byerekeye idini rya Kiyahudi mu Rwanda, kugeza ubu ntiriratera imbere cyane ariko mu Mujyi wa Kigali haba isinagogi imwe iri mu gace gaturiye Star Times.

Talmud yo irimo imigenzo n’imiziririzo y’Abayahudu aho bava bakagera

Rabbi wayo yitwa Rabbi Chaim Bar-Sella.

Mu Rwanda kandi haba restaurant iha abakiliya indyo yo muri Israel bita Kosher.

Ni ibiribwa bitegurwa hakurikijwe uko amategeko agenga imirire y’Abayahudi abiteganya.

Ni amategeko aboneka mu gitabo cy’Abalewi.

Soma uko hambere Abanyarwanda babaraga umwaka wa Kinyarwanda :

 

Kalindari Y’Abanyarwanda Ba Kera, Mubazi(Calculator)Ya Mbere Mu Mateka…

TAGGED:AbayahudiAdamIsraelRwandaUmwaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihe Isi Irimo Birakomeye, Ibyo Muri DRC Byakemuka…:Ijambo Rya Kagame Muri UN
Next Article Icyiciro Cya Kabiri Cya Shampiyona Y’u Rwanda Kigijwe Inyuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuyobozi Mu Ngabo Za Jamaica Yasuye RDF Ikorera Muri Iki Gihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?