Connect with us

Ubukungu

Elon Musk Yongeye Kuba Umukire Wa Mbere Ku Isi

Published

on

Yisangize abandi

Umushoramari mu by’ikoranabuhanga w’Umunyamerika witwa Elon Musk yongeye aba umuntu wa mbere ukize ku isi. Arabarirwa miliyari $249.3.

Uyu mwanya awusimbuyeho Umufaransa witwa Bérnard Arnault ufite umutungo wa miliyari $230.

Ikinyamakuru Forbes Magazine kivuga ko impamvu yo kuzamuka kuri uyu mwanya kwa Musk ariko amafaranga yinjije yiyongereyeho miliyari 11.7, iyi ikaba ari inyongera ya 4.92%.

Arnault we umutungo we wagabanutseho miliyari $ 1.9, bikaba bingana na 0,80%.

Umuntu wa gatatu ukize ku isi ni Jeff Bezos ufite miliyari $152,9, akaba yarashoye mu ikoranabuhanga.

Ku mwanya wa kane haza undi Munyamerika witwa Larry Ellison ufite umutungo ungana na miliyari $ 148.

Akurikirwa na mugenzi we uzwi cyane witwa Bill Gates ufite miliyari $ 118,9.

Forbes ikusanya imibare yerekana uko umutungo wa buri muherwe muri aba wazamutse kandi ikabikora umuntu ku wundi.

Ibi bituma urutonde rw’abaherwe batunze miliyari z’amadolari y’Amerika($) ruhora ruhinduka.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Copyright © 2020-2023 - Kinyarwanda Version