Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Equity Bank Plc Igiye Gufasha Abantu Gusobanukirwa Iby’Imari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Equity Bank Plc Igiye Gufasha Abantu Gusobanukirwa Iby’Imari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2025 3:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Namara na Shyaka Nyarwaya nyuma yo gusinya amasezerano y'imikoranire.
SHARE

K’ubufatanye n’Ikigo Afri-Global Cooperation Program Ltd (AGCP), Banki ya Equity Bank Plc igiye gushyiraho uburyo bwo gusobanurira abantu uko imari ivuka n’uko icungwa mu buryo burambye.

Izabikora bishingiye ku masezerano y’ubufatanye impande zombi zasinyanye.

Ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano rizamara imyaka itanu rikaba rigamije gufasha mu kugabanya ubushomeri mu Banyarwanda n’Abanyafurika muri rusange.

Mu kubikora, abakozi ba Equity Bank bazakorana nabo muri kiriya kigo mu gusobanurira abantu uko umutungo uboneka no kuwucunga binyuze cyane cyane mu kwizigama cyangwa gushora ahatekanye kandi hunguka bifatika.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo AGCP witwa Michael Shyaka Nyarwaya avuga ko ibikubiye muri ariya masezerano bigamije kuzigisha abantu gukoresha neza umutungo wabo no kubafasha mu kwihangira imirimo.

Ati: “Turagira ngo dufashe Abanyarwanda n’Abanyafurika binyuze mu  kubatoza kwizigamira. Niyo mpamvu twifatanyije na Banki ikomeye nka Equity kugira ngo tubibigishe ari nako babishyira mu bikorwa, nibamara kubikora, ejo bizabafasha”.

Shyaka Nyarwaya avuga ko mu gushyira mu bikorwa ibikubiye muri ariya masezerano, abagenewe iriya gahunda bazahugurwa, bigishwe kandi ibigo bito n’ibiciriritse biterwe inkunga.

Hannington Namara uyobora Equity Bank Plc avuga ko intego y’ikigo ayoboye ari ukugira uruhare mu guteza imbere ubucuruzi, by’umwihariko gushyigikira ibigo bito n’ibiciriritse (SMEs) mu kubaka ejo hazaza heza kandi harambye.

Nk’umuntu uyobora Banki nini, Namara avuga ko bakora uko bashoboye ngo bazamurire urwego ibigo by’imari bito n’ibiciriritse kuko bifite uruhare rugaragara mu bukungu bw’u Rwanda.

Namara avuga ko ubufatanye bwa Banki ayoboye na kiriya kigo, abagenerwabikorwa b’iriya gahunda bazayungukiramo byinshi.

Zimwe mu mbuto avuga ko zizaturuka mu ishyirwa mu bikorwa by’iriya gahunda ari iterambere ry’abo igenewe ndetse n’ibihugu bakomokamo.

TAGGED:AbaturageEquityfeaturedImariNamaraRwandaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kabila Ati: “Ntaho Mpuriye Ni Ibya M23”
Next Article Komisiyo Y’Afurika Yunze Ubumwe Yishimiye Guhura Kwa Kagame Na Tshisekedi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?