Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Equity Bank Yaguze 90% Bya Cogebanque
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Equity Bank Yaguze 90% Bya Cogebanque

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2023 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru yari amaze iminsi avugwa y’uko Equity Bank igiye kugura COGEBANQUE yabaye impamo. Ubuyobozi bw’iyi Banki bwatangaje ko bwamaze kugura 90% by’imigabane yose yari isanzwe iri muri COGEBANQUE.

Equity Group Holdings Plc yatangaje iby’igurwa rya COGEBANQUE nyuma y’isinywa ry’amasezerano hagati y’iki kigo n’ubuyobozi bwa COGEBANQUE (Compagnie Générale de Banque).

Ibisabwa byose nibiboneka kandi bikemerwa mu rwego rw’imikorere y’amabanki, ikigo Equity Group Holdings Plc kizishyura miliyari Frw 54.68 ( ni ukuvuga miliyoni $48) bityo kibe cyegukanye  91.93%  by’imigabane yose isanzwe icungwa na COGEBANQUE.

Abahanga mu by’amabanki n’ubukungu bavuga ko Equity Bank nirangiza kugura COGEBANQUE bizatuma iba banki ya kabiri nini mu Rwanda(isanzwe iri ku mwanya wa kane) kuko bizatuma igira umutungo mbumbe ungana na 18% by’imari yose iri mu banki mu Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bizatuma kandi ishami ry’iyi banki mu Rwanda ryongera imbaraga rijye ku rwego ruyingayinga urw’ishami ryo muri Kenya( Equity Bank Kenya) ariko risumbe iry’iyo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (Equity BCDC).

Dr James Mwangi uyobora Equity Bank ( amashami yose) yabwiye Taarifa ko mu myaka iyi banki imaze ikorera mu Rwanda, yazamuye urwego rwayo kandi igira uruhare rugaragara mu buzima bw’urwego rw’imari mu Rwanda.

Umuyobozi wa Equity Bank, Dr. James Mwangi

Avuga ko imibare yerekana ko umusaruro mbumbe w’u Rwanda mu myaka itanu ishize wazamutse ku kigero cya 6.5% kandi ngo iri zamuka rihagaze neza mu ruhando mpuzamahanga.

Mwangi avuga ko izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryitezweho gukomeza bitewe n’igenamigambi rihamye mu nzego zirimo ubukerarugendo bushingiye ku mahoteli, gutwara abantu n’ibintu hakoreshejwe indege, kuzamura urwego rw’inganda no guha ingufu izindi nzego z’ubukungu.

U Rwanda rushaka kubaka ubukungu bukomatanyije ariko burengera ibidukikije.

- Advertisement -

Ikindi ni uko banki zitezweho kuzagira uruhare rugaragara mu kuzamura ubukungu.

Umuyobozi wa Equity Bank, Dr. James Mwangi avuga ko kuba banki ye igiye kugura COGEBANQUE ari ikimenyetso cy’uko ubuyobozi bwayo bwamaze kubona ko urwego rw’imari mu Rwanda ari urwo kwizerwa.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yabwiye Taarifa( ishami ry’Icyongereza)  ko guhuza imbaraga kwa Equity Bank n’iyo igiye kugura bizatuma urwego rw’amabanki rw’u Rwanda rurushaho gukomera.

Abahanga mu igenamigambi mu by’imari bavuga ko Equity Bank izakoresha imbaraga izahabwa no kugura COGEBANQUE bikazatuma urwunguko rwayo ruzamuka rukagera kuri 54%.

COGEBANQUE iraje igurwe na Equity Bank

Bizaba ari uburyo ibonye bwo kugira uruhare mu gufasha u Rwanda kuzamura ubukungu bwarwo bumaze iminsi bwaragizweho ingaruka na COVID-19.

Equity Bank ifite amashami 28 hirya no hino muri Afurika harimo n’iryo mu Rwanda.

Indi nkuru ishishikaje wasoma:

Kuki Banki Za Kenya Zikomeje Kwigarurira Isoko Ry’U Rwanda?

TAGGED:BankiCOGEBANQUEEquityfeaturedImariNdagijimanaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Igiye Kuganira N’Ubushinwa Uko Bakwirinda Gukozanyaho
Next Article Amerika Yohereje Indege Z’Intambara Mu Kirere Cyegereye Uburusiya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?