Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Eritrea yohereje ingabo ku mupaka wayo na Ethiopia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Eritrea yohereje ingabo ku mupaka wayo na Ethiopia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2020 2:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru ava ku mupaka wa Eritrea na Ethiopia avuga ko hari abasirikare benshi ba Eritrea bahorejwe ku mupaka wayo na Ethiopia. Hari ubwoba ko Eritrea ishobora kwinjira mu ntambara bikaba byatuma intambara ifata isura y’Akarere kose k’Ihembe ry’Afurika.

Ingabo za Eritrea zoherejwe ku mupaka wayo na Ethiopia mu rwego rwo gukumira ko abarwanyi ba TPLF bahungira ku butaka bwayo.

Leta z’ibihugu byombi  zihakana ariya makuru.

Incamake ku ngabo za Eritrea.

Eritrea iri mu bihugu byo mu Ihembe ry’Afurika bifite abaturage bake ariko kikagira abasirikare benshi.

Ituwe n’abaturage miliyoni esheshatu ikagira abasirikare ibihumbi 200.

Abasirikare ba Eritrea bahawe inshingano zo guhora biteguye urugamba kuko baturanye n’igihugu bamaze imyaka umunani barwana.

N’ubwo baherutse kwiyunga ariko inzego z’umutekano z’ibihugu byombi ntizishirana amakenga.

Ingabo za kiriya gihugu zigabanyijemo ibyiciro bibiri.

Igice kimwe gishinzwe gufasha Leta mu nshingano zayo harimo n’ibikora by’iterambere mu gihe ikindi kingana na  20% kigizwe n’abasirikare  bahora mu myitozo biteguye urugamba.

Ubutegetsi hafi ya bwose bwa Eritrea buri mu biganza bya Perezida wa Repubulika witwa Isaias Afwerki.

Uyu mugabo niwe wayoboye urugamba rwatumye Eritrea yiyomora kuri Ethiopia ikaba igihugu kigenga. Icyo gihe hari muri 1993.

Itangazamakuru ry’i Burengerazuba bw’Isi rivuga ko  nta bwisanzure bw’ibitekerezo buba muri Eritrea, ikaba ari yo mpamvu bigoye ko abantu bamenya neza ibihakorerwa.

Perezida Isaias aherutse gusinyana amasezerano na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Bwana Dr Abiy Ahmed, aya masezerano akaba ari yo yarangije intambara impande zombi zari zimaze imyaka umunani.

Eritrea ntishaka ko abayobozi bo muri Tigray bayihungiraho
TAGGED:AbasirikareEritreaEthiopiafeaturedIntambaraPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubanza rwa Mudathiru rwapfundikiwe, yasabye imbabazi Perezida Kagame
Next Article Abatuye EAC dufite uburyo kamere bwo kwishakamo ibisubizo byaduteza imbere- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?