Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ese Amahanga Araza Guha Agahenge u Rwanda Mu Gihe Cyo Kwibuka Ku Nshuro Ya 31?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ese Amahanga Araza Guha Agahenge u Rwanda Mu Gihe Cyo Kwibuka Ku Nshuro Ya 31?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2025 1:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu myaka yatambutse, ni kenshi ibihugu bitandukanye bwasohoye inyandiko zapfobyaga Jenoside yakorewe Abatutsi kandi zigasohoka habura igihe gito ngo kwibuka bitangire.

Umuntu yakwibaza niba kuri iyi nshuro ya 31 hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi ikintu nka kiriya kitazongera!

Ibi kandi biheruka no mu mwaka wa 2024.

Muri uwo mwaka Perezida Kagame yahaye abanyamakuru ikiganiro  ku munsi wakurikiye gutangiza kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri cyo, yatanze urugero rw’uko yigeze gusaba Abanyamerika n’amahanga ko ku itariki 07, Mata, bajya bifatanya n’u Rwanda mu kwibuka hanyuma ibyo kurunenga bikazaza nyuma.

Yabivuze ubwo yasubizaga ikibazo cyamubazaga icyo avuga ku byari bimaze igihe gito bitangajwe n’uwari Umunyamabanga wa Leta y’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken wari wavuze ko hari na Jenoside yakorewe Abahutu ikwiye kwibukwa.

Blinken yari yabyanditse mu nyandiko yasohotse habura amasaha make ngo Abanyarwanda n’isi muri rusange batangire kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30.

Antony Blinken

Ubwo iki kiganiro cyabaga, hari nyuma yo gutangiza Kwibuka 30, igikorwa cyitabiriwe kandi n’itsinda ryaturutse muri Amerika riyobowe na Bill Clinton.

Ku byerekeye abita Jenoside yakorewe Abatutsi irindi zina, Perezida Kagame yabwiye itangazamakuru ko yumvaga ko ibyo kwita Jenoside izina ritari ryo ari ikintu abantu bumvise kera ko kidakwiye.

- Advertisement -

Yavuze ko mu mwaka wa 2014 cyangwa na 2015, hari abantu bo mu bihugu bitandukanye barimo n’Abanyamerika banditse amabaruwa bifatanya n’u Rwanda mu bihe byo kwibuka.

Icyakora iya Amerika yo yari yihariye!

Ati: “ Kiriya gihe twakiriye ibaruwa ku ruhande rumwe yifatanyaga natwe mu kwibuka kandi byari ikintu cyiza, ariko ku rundi ruhande hari ibyo batunenga byo kutubahiriza uburenganzira bwa muntu, kwica Demukarasi n’ibindi abantu bibwira mu Rwanda tutagira namba. Icyo gihe igihugu cyacu cyashubije Amerika mu ibaruwa njye ubwanjye niyandikiye”.

Kagame yavugiye muri iki kiganiro n’abanyamakuru ko muri iyo baruwa yasabye Abanyamerika ibintu bibiri.

Kimwe ni uko buri Guverinoma iyo ari yo yose ku isi ifite uburenganzira bwo kubwira u Rwanda ibyo ishaka byashimisha cyangwa ntibishimishe abaturage barwo, ibyo ngo nta kibazo kibirimo.

Gusa ariko, Kagame yavuze ko hari ikintu cy’ingenzi ari nacyo yasabye amahanga muri rusange n’Amerika by’umwihariko ko buri tariki 07, Mata, bajya baha u Rwanda agahenge rukibuka abarwo, hanyuma ibindi bakazabigarura nyuma.

Yavuze ko mu ibaruwa yanditse, yashimiye ayo mahanga ko yifatanya n’u Rwanda mu kwibuka, akabikora ku bushake bwayo ariko ko ‘adakwiye’ kubivanga n’ibindi bindi.

Perezida Kagame ubwo yahaga abanyamakuru ikiganiro mu mwaka wa 2024.

Kagame yavuze ko ibyo yari yasabye muri iyo nyandiko byari ibintu byumvikana kandi bishyize mu gaciro.

Gusa uko bigaragara, ntibyakurikijwe kuko nyuma y’aho, ni ukuvuga mu mwaka wa 2024, Blinken yarabigaruye.

Uwakwibaza niba bitakongera kugaruka no muri iyi minsi mike cyangwa se amasaha make asigaye ngo Kwibuka 31 ntiyaba abuze amakenga.

Uko biri kose, Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 niyo yemewe ku rwego mpuzamahanga kandi yibukwa tariki 07, Mata buri mwaka.

Ibindi ni ukuyipfobya cyangwa kuyihakana kandi byose biri mu bikunze kubaho iyo koko ikivugwa ari Jenoside.

Abahanga bavuga na Jenoside yakorewe Abayahudi(1941-1945) nayo igihakanwa cyangwa bakayipfobya mu buryo runaka.

TAGGED:AbanyamakuruAbatutsiAmerikafeaturedIkiganiroJenosideKwibukaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Mudugudu N’Abanyerondo Basagariwe N’Ukekwaho Ubujura
Next Article Banki Nkuru Y’u Rwanda Irategura Abazayikorera Ejo Hazaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?