Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 May 2025 3:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Elon Musk
SHARE

Ni ikibazo benshi mu bantu bakomeye b’i Washington bibaza. Mu mezi menshi yakurikiye irahira rya Donald Trump, nta mbwirwaruhame yavugaga atamukomojeho cyangwa ngo abe ari mu biganiro yagiranaga n’itangazamakuru, ariko ubu ‘asa n’utakivugwa’.

Uyu mugabo ukize kurusha abandi bantu bose ku isi( abarirwa Miliyari $342) yari mu bantu Perezida wa Amerika yakundaga kugarukaho aho ari hose, akamurata ko ari umuhanga mu gushyira ibintu ku murongo.

Yamushinze gutunganya imikorere ya Guverinoma ye, akagabanya ibyanzu amafaranga y’igihugu yacagamo mu buryo bwo gusesagura.

Ku rubuga rwe yise Truth Social, Trump ntiyahwemaga gushima ko Musk ari umugabo ukora neza akazi kandi wo kwizerwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Politico yanditse ko hagiye gushira ukwezi nta zina Elon Musk rivuye mu kanwa ka Perezida cyangwa ngo aryandike ahantu aho ari ho hose.

Si mu Biro bya Trump gusa atagikomozwaho kuko no muri Sena cyangwa mu bindi Biro bikuru bya Amerika basa n’aho bamwibagiwe.

Abayobozi b’ibigo binini muri Amerika nabo bavuga ko badaheruka kumva aho Elon Musk agarukwaho mu nama z’abayobozi mu bigo by’ubucuruzi, umwe muri bo akaba David McIntosh uyobora ikigo Club for Growth.

Ku rundi ruhande, abakora mu Biro bya Donald Trump bemeza ko Musk yakoze akazi neza mu rwego rwo kurwanya ruswa no gukoresha nabi umutungo w’igihugu.

Umunyamabanga ushinzwe amakuru no kuvugira ubutegetsi bwa Trump witwa Karoline Leavitt aherutse kubwira itangazamakuru ati: “ Intego zatumye hashyirwaho urwego rwo gukoresha neza umutungo wa Leta zizagumaho mu rwego rwo gutuma ubuyobozi bwacu bucunga neza iby’abaturage”.

- Advertisement -

Ku rundi ruhande, bamwe bavuga ko Elon Musk yashyize mu bikorwa inshingano ze akoresheje imbaraga nyinshi mu gihe gito ku buryo hari abo zahungabanyije biteza umwiryane n’urwikekwe mu bakora mu nzego nkuru z’igihugu.

Kuba yarateye inkunga ishyaka rya Trump ry’Aba Republicans ngo yiyamamaze biri mu byatumye aba mu bari ku ibere mu mezi ya mbere ya manda ya kabiri ya Trump.

Ubwo muri iki gihe rero atakivugwa kenshi nka mbere, bamwe biganjemo Aba Democrats bavuga ko imyitwarire ye mu gushyira mu bikorwa inshingano ze irimo no kwirukanisha abantu by’amanzaganya ndetse no kubabibamo ubwoba, byamukururiye urwango.

Umwe mu bayobozi yabwiye Politico ati: “ Uriya mugabo yararangiye, ibye byararangiye kandi ndakubwira ko nta muntu ukimukunda”.

Amakuru kandi avuga ko kuva mu rubuga rwa politiki kwa Musk nk’uko byahoze, kwatewe n’uko muri iki gihe ubuyobozi bwahinduye umuvuno.

Ikibuhangayikishije muri iki gihe ni imisoro n’amahoro y’ibyinjira muri Amerika no kwimuririra abimukira ahandi.

Ibyo kugabanya abakozi b’ingwizamurongo bisa n’ibyashyizwe ku ruhande.

Uko bimeze kose ariko Elon Musk azakomeza gushimirwa ko yashyize Miliyoni $ 290 mu kwiyamamaza kwa Donald Trump akaba yaratsinze amatora, kandi yaba Aba Democrats cyangwa Aba Republicans bose bemera ko ari umugabo uzi gucunga neza umutungo.

TAGGED:featuredMuskPolitikiTrumpUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye
Next Article Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yavuze Uruhare Afurika Ikwiye Kugira Mu Mutekano Wayo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: 13 Baguye Mu Mpanuka Bavuye Mu Bukwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?