Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ese Miliyari $ 1 Amerika Ishora Muri Uganda Buri Mwaka Igiye Guhagarikwa?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ese Miliyari $ 1 Amerika Ishora Muri Uganda Buri Mwaka Igiye Guhagarikwa?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 May 2023 1:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Amerika Joe Biden avuga ko igihugu cye kiri kwiga uko cyashyiriraho Uganda ibihano kiyiziza itegeko Perezida wayo aherutse gusinya rwo guca ubutinganyi iwe.

Kuri uyu wa Mbere taliki 29, Gicurasi, 2023 nibwo Amerika yatangaje iri tangazo hakaba hari nyuma gato y’uko Perezida Yoweli Museveni asinye itegeko riteganya ibihano ku bazahamwa n’icyaha cy’ubutinganyi.

Muri ryo handitsemo ko ibyo Uganda yakoze, byasubije inyuma Demukarasi muri rusange kandi ngo bishobora gutuma hari serivisi abaturage ba Uganda bahabwaga n’Amerika.

Itangazo ry’Amerika rivuga ko ibikubiye muri ririya tangazo ari kimwe mu bintu bya vuba aha byagaragaraga muri Uganda byerekana ko uburenganzira bwa muntu bukomeje kuzahara.
Perezida Biden yategetse inzego zose zibishinzwe kwicara zigasuzuma ingaruka zose iri tegeko rizagira.

Amerika ivuga ko hari na guhunda yo gukumira ko hari umuyobozi mukuru wese wa Uganda wazongera gufata indege akajya muri Amerika.

Biden yagize ati: “ Nabwiye Inama nkuru y’umutekano y’Amerika kwicara ikarebera hamwe ingaruka zose za ririya tegeko ku mikoranire Uganda isanzwe ifitanye n’Amerika. Ni ukureba niba nta ngaruka byagira ku mikoranire twari dusanganywe na Uganda harimo na President’s Emergency Plan for AIDS Relief (PEPFAR)  n’ibindi”.

Avuga kandi ko Amerika iri kureba niba itakwisubira ku masezerano isanzwe ifitanye na Uganda mu bucuruzi bwiswe African Growth and Opportunity Act (AGOA).

Amerika kandi yavuze ko abantu bose bafite aho bahuriye no kubahiriza uburenganzira bwa muntu muri Uganda batazongera kwinjira muri Amerika.

Ni ngombwa kuzirikana ko Amerika ishora miliyari $1 mu bikorwa ikorera muri Uganda.

N’ubwo Amerika ivuga ko igiye guhagurukira Uganda, ivuga ko hari ibyo igomba kugendamo gake kugira ngo inyungu yashoyemo ya mafaranga twavugaga haruguru zisigasirwe kandi ishoramari ry’Amerika muri iki gihugu ntirihungabane.

Mu gihe mu Burayi na Amerika batishimiye ririya tegeko, abaturage ba Uganda bo barishimye, bavuga ko Uganda itagomba kugaragaramo indangagaciro zitari iz’abayituye.

TAGGED:AbatinganyiAmerikaBidenfeaturedMuseveniUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya, Afurika Y ‘Epfo, Uburusiya Bwiyegereje N’Uburundi
Next Article Abakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi N’Abayirokotse Bashyizeho Uburyo Bwo Kwiteza Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?