Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ese Mu Rwanda Harateganywa Gahunda Ya ‘Gira Inkoko’?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Ese Mu Rwanda Harateganywa Gahunda Ya ‘Gira Inkoko’?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 October 2024 1:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ikibazo gukurikira ibyavuzwe na Dr. Solange Uwituze ushinzwe ubworozi mu Kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, RAB, by’uko mu myaka itatu buri rugo ruzaba rworoye byibura inkoko eshanu zitanga amagi n’inyama.

Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kubona amata yo kunywa cyane cyane abana, Guverinoma yatangije gahunda ya Girinka.

Ishimirwa ko yazamuye urwego rw’imirire ku bana, yinjiriza abantu amafaranga kandi ituma n’umusaruro w’ubuhinzi uzamuka mu rugero runaka.

Muri gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda harimo ko ubworozi bukwiye kuba inkomoko y’ibyubaka umubiri( proteins) ndetse n’amafaranga.

Uretse inka, indi gahunda yatangajwe na Dr.Uwituze Solange ni uko Leta iri gukorana n’abafatanyabikorwa kugira ngo Abanyarwanda bagezweho inkoko zibaha amagi n’inyama bihagije.

Abivuze mu gihe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no kurengera Umwana (NCDA) cyo gitangaza ko ingo zibasha kubona ibikomoka ku matungo harimo inyama n’amagi zibarirwa kuri 7,7% gusa.

Ni ikibazo kuko ibyubaka umubiri bituruka ku matungo ari byo bifasha umubiri kurusha kurusha ibikomoka ku bihingwa.

Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kurya inyama bakabona n’amagi bihagije, Dr Uwituze Solange avuga ko hari gahunda ihamye yo gufasha abaturage kubigeraho bitarenze mu myaka itatu iri imbere.

Dr. Uwituze ati: “Dufatanyije n’umushoramari dufitanye gahunda ko biteranze imyaka itatu buri rugo rwose ‘rubyifuza’ ruzaba rufite inkoko eshanu. Harimo izitanga amagi n’izitanga inyama nk’amasake kugira ngo ya magi aboneke ndetse na za nyama ziboneke.”

Dr.Solange Uwituze

Avuga ko hatangiye  ubwumvikane hagati y’aborozi b’inkoko bato bozororera abashoramari bafite amaturagiro n’amabagiro akazajya aza kubagurira ayo magi n’inkoko.

Dr. Uwituze ashimangira ko bazakorana n’abashoramari bafite ubushobozi bwo kugeza amagi ahatuye abantu benshi no ku mashuri ku buryo abakeneye inkoko n’amagi bizabageraho bitagoranye kandi bihendutse.

Uyu muyobozi avuga ko hirya no hino ku isi inkoko ari zo zitanga inyama zihendutse n’amagi ntahende.

Ku rundi ruhande, mu Rwanda hoi zi nyama zirahenda cyane.

Iyo ngingo yatumye ubuyobozi bw’u Rwanda bwiyemeza gufasha abaturage kubona inyama z’inkoko n’amagi ku bwinshi kugira ngo bifashe abantu kubona intungamubiri nyinshi kandi zidahenze.

Dr. Solange Uwituze yabwiye itangazamakuru ati:  “Dufite umushinga turi guterwamo inkunga n’Ababiligi n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi bafatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyi ngiro (RTB) kugira ngo twigishe abantu gutunga izo nyama bya kinyamwuga zaba iz’inkoko, inkwavu n’ingurube. Umuntu agure ingano y’izo ashaka, biboneke kandi bibe bihendutse, kubera ko hari ubwo icyo umuguzi ashaka kugura atakigura, akagura ikinini kandi atagikeneye cyose.”

Imibare itangwa na RAB  igaragaza ko buri nkoko y’amagi  ishobora gutanga amagi 250 mu buzima bwayo.

Hari n’izishobora gutera amagi 300 mbere y’uko zisaza.

TAGGED:featuredImibareInkokoIntungamubiriRwandaUbukunguUbworoziUwituze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yasubije Umuyapanikazi Ibikoresho Yibwe
Next Article Minisante Irishimira Ko Iminsi Ibaye Itatu Ntawe Marburg Ihitanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi Rusange

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?