Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ethiopia Yatangiye Kubyaza Amashanyarazi Urugomero Rwa Mbere Runini Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ethiopia Yatangiye Kubyaza Amashanyarazi Urugomero Rwa Mbere Runini Muri Afurika

admin
Last updated: 20 February 2022 11:39 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, kuri iki Cyumweru yatangije ku mugaragaro imirimo yo kubyaza amashanyarazi urugomero rutavugwaho rumwe, rwiswe Grand Ethiopian Renaissance Dam, GERD.

Ni urugomero rwateye umwuka mubi hagati y’ibihugu bituranye na Ethiopia mu myaka isaga cumi.

Ni umushinga watangiye kubakwa mu 2011 ku ruzi rwa Nil, ariko ibihugu bya Sudan na Misiri ntibyawishimira kubera impungenge z’uko ushobora kugabanya amazi abigeraho, aho nka 97% by’amazi agera mu Misiri akomoka kuri uru ruzi.

Ni umushinga watwaye miliyari $4.2, witezweho kuzajya utanga megawatts 5,000 z’amashanyarazi. Rwitezweho gukuba kabiri ingufu z’amashanyarazi Ethiopia ifite ubu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mbere intego yari uko uru rugomero ruzatanga megawatt 6,500, ariko ziza kugabanywa.

Ibinyamakuru byo muri Ethiopia byatangaje ko ku ikubitiro, kuri iki Cyumweru uru rugomero rwatangiye rutanga megawatt 375.

Inzego zirimo Leta zunze Ubumwe za Amerika n’Ubumwe bwa Afurika (AU) zagerageje guhuza ibihugu bitavuga rumwe kuri uru rugomero, byasabaga Leta ya Addis Ababa kuba iretse kuzuzamo amazi kugeza humvikanwe ku buryo bizakorwamo.

Gusa Ethiopia yeruye ko nta cyahagarika icyo gikorwa kibera ku butaka bwayo.

Minisiri yakomeje kuvuga ko ifite uburenganzira bukomeye ku ruzi rwa Nil, hashingiwe ku masezerano yasinywe mu 1929 ayiha ijambo ku mishinga minini yubakwa kuri Nil. Nyuma, amasezerano yo mu 1959 yemereye Misiri uburenganzira bwa 66% ku mazi y’uru ruzi naho Sudani ihabwa 22 ku ijana.

- Advertisement -

Ethiopia ariko ntiyari muri ayo masezerano, ku buryo ivuga ko nta n’agaciro afite.

Yahise inatangira kuzuza amazi muri urwo rugomero guhera mu 2020, ku buryo muri Nyakanga uwo mwaka yatangaje ko yageze ku ntego yo gushyiramo metero kibe miliyari 4.9 z’amazi.

Urwo rugomero ariko rushobora gufata metero kibe miliyari 74, ku buryo intego yari uko mu 2021 yari ukongeramo metero kibe miliyoni 13.5. Ni rwo rugomero rwa mbere runini muri Afurika.

Muri Nyakanga umwaka ushize, Ethiopia yavuze ko yageze ku ntego yayo, bityo amazi amaze kugeramo ahagije kugira ngo batangire kuyabyaza amashanyarazi.

 

TAGGED:EthiopiafeaturedMInisitiri w'INtebe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yafashe Abakekwaho Gupfumura Inzu z’Abaturage Bakabiba
Next Article Alexandre Geniez Yegukaye Agace Ka Mbere Ka Tour du Rwanda 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?