Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: EURO 2020: Christian Eriksen Yituye Mu Kibuga, Umukino Wa Denmark Na Finland Urahagarikwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

EURO 2020: Christian Eriksen Yituye Mu Kibuga, Umukino Wa Denmark Na Finland Urahagarikwa

admin
Last updated: 12 June 2021 8:47 pm
admin
Share
SHARE

Christian Eriksen ukina hagati mu ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Denmark yaguye hasi mu mukino wa Euro 2020 wabahuzaga na Finland, amara igihe kinini arimo kuvurwa, hanzurwa ko umukino usubikwa.

Eriksen usanzwe ukinira Inter Milan yo mu Butaliyani yaguye hasi ahagana ku munota wa 40, ubwo bajyaga kurengura umupira bamuganishaho. Nta mukinnyi wamugonze ngo wenda abe ariho hashakirwa impamvu.

Umusifuzi Anthony Taylor yahise ahamagara abaganga mu kibuga, bamara iminota irenga icumi bamwitaho.

Byageze aho bakoresha uburyo bwo gushitura umutima buzwi nka Cardiopulmonary resuscitation (CPR), bukorwa abantu basa n’abatsindagira mu gituza cy’umurwayi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Eriksen yaguye mu kibuga mu buryo bwatunguranye

Abantu benshi mu kibuga no hanze yacyo batashywe n’ubwoba, benshi batangira gusuka amarira bafite ubwoba ko yaba ashizemo umwuka.

Umugore wa Eriksen witwa Sabrina Kvist ni umwe mu bari ku kibuga, barimo kurira.

Umugore wa Eriksen yari mu marira

Uyu mugabo w’imyaka 29 yavanywe mu kibuga mu ngobyi, arimo kongererwa umwuka.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Burayi, UEFA, ryahise ritangaza uyu mukino usubitswe.

The UEFA EURO 2020 match in Copenhagen has been suspended due to a medical emergency.

— UEFA EURO 2024 (@EURO2024) June 12, 2021

- Advertisement -

Nyuma y’umwanya muto, UEFA yaje gutangaza ko Eriksen yajyanywe mu bitaro ndetse ko arimo koroherwa.

Hahise hakorana inama yahuje ubuyobozi bwa UEFA, amakipe yombi n’abasifuzi b’umukino.

Following the medical emergency involving Denmark’s player Christian Eriksen, a crisis meeting has taken place with both teams and match officials and further information will be communicated at 19:45 CET.

The player has been transferred to the hospital and has been stabilised.

— UEFA (@UEFA) June 12, 2021

Hanzuwe ko umukino wari watangiye 18h uza gusubukurwa saa 20:30, hakabanza gukinwa iminota itanu yari isigaye ngo igice cya mbere kirangire, hakabaho akaruhuko k’iminota itanu, ubundi igice cya kabiri kigakomeza.

Following the request made by players of both teams, UEFA has agreed to restart the match between Denmark and Finland tonight at 20:30 CET (TBC).

The last four minutes of the first half will be played, there will then be a 5-minute half-time break followed by the second half.

— UEFA (@UEFA) June 12, 2021

Abakinnyi benshi bahise bagwa mu kantu
Abakinnyi ba Denmark bahise bamukikiza
Erikse yavanywe mu kibuga atwawe mu ngobyi
Uyu mukino wasubitswe igice cya mbere kitarangiye

 

 

TAGGED:Christian EriksenEURO 2020featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibice Bimwe By’u Rwanda Bigiye Kugira Ubushyuhe Buzagera Kuri 32°C
Next Article Amasaha y’Ingendo Yasubijwe Saa Tatu Z’ijoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?