Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Fatouma Ndangiza Yasabye Uhagarariye DRC Muri EALA Kudasebya u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Fatouma Ndangiza Yasabye Uhagarariye DRC Muri EALA Kudasebya u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2023 8:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Nteko rusange y’Abagize Inteko ishinga amategeko ya EAC( EALA) iherutse guterana, uhagarariye Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Evariste Kalala yashinje u Rwanda gusahura igihugu cye, uruhagarariye yo ari we Hon Fatouma Ndangiza arahaguruka amusaba kudakomeza iyo mvugo y’ibinyoma.

Kalala yatangaje ko igihugu cye kidashobora gukomeza kuguma mu Muryango u Rwanda rubamo.

Atanga impamvu z’uko ngo rukomeje gutera DRC rubinyujije muri M23.

Ibyo avuga u Rwanda rwabyamaganye kuva kera, ruvuga ko ntaho ruhuriye n’ibibera muri DRC ahubwo ko ari ikibazo cy’imiyoborere y’iki gihugu iheza bamwe mubo cyabyaye.

Mu gutanga ikirego cye, Depite Kalala yagize ati: “ Uyu munsi hari abantu benshi muri DRC bari kwicwa, kandi hari umutungo kamere w’igihugu cyacu uri gusahurwa n’igihugu kitwa ko turi kumwe muri uyu muryango.”

Ubwo yitsaga, Hon Fatouma Ndangiza uhagarariye u Rwanda muri EAC yahise ahagaruka yaka ijambo ararihabwa.

Yaboneyeho gusaba Hon Evariste Kalala kudakomeza gushinja u Rwanda ibinyoma.

Ndangiza yagize ati: “ Ntibikwiye ko umwe muri twe ahagurukana ingingo ishingiye ku bivugwa bidafitiwe gihamya ngo asebye igihugu gifite ubusugire.”

Undi uhagarariye DRC witwa François Ngate Mangu nawe yunze mu rya mugenzi we mu gushinja u Rwanda ibyo gutera igihugu cye.

Video yashyizwe kuri X n’ikinyamakuru NTV, yumvikanamo Evariste Kalala avuga ko niba EAC idakemuye icyo kibazo,  DRC izanzura kuva muri uyu muryango.

Ku rundi ruhande, bamwe mu bahagarariye ibihugu byabo muri uriya muryango bavuze ko ibyo DRC ivuga by’uko izava muri EAC, bitari mu bigize indangagaciro  za EALA kubera ko iby’iyi Nteko ari gushyiraho amategeko agenga umubano w’ibihugu biyigize.

Muri bo harimo Hassan Hassan Omar uhagarariye Kenya na Abdullah Makame uhagarariye Tanzania.

TAGGED:AmategekoEALAfeaturedIntekoNdangiza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mika: Robo Y’Umugore Ya Mbere Ku Isi Iyobora Ikigo Cy’Ubucuruzi
Next Article Imihanda Y’I Musanze Yangiritse Itamaze Kabiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

You Might Also Like

Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?