Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FDLR Irashinjwa Urupfu Rwa Ambasaderi W’u Butaliyani Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

FDLR Irashinjwa Urupfu Rwa Ambasaderi W’u Butaliyani Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2021 9:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’u Butaliyani muri DRC yishwe ku wa Mbere tariki 222, Gashyantare, 2021. Hari mu gitondo ahagana saa yine. Abantu batandatu bafite intwaro bamuteze igico imodoka za PAM/WFP zari zishyiriye ibiribwa  abana biga i Rutshuru, muri izo modoka harimo n’iyari itwaye Ambasaderi Luca Attanasio.

Abo bagizi ba nabi bari bafite umugambi wo gushimuta Ambasaderi Attanasio ariko amasasu y’imbunda zabo ntiyatuma bamufata ari muzima ahubwo aramuhitana.

Yapfanye n’umushoferi we hamwe n’uwari ushinzwe kumurinda.

Umwe mu mishinga ya Human Rights Watch ikorera muri kariya gace witwa Baromètre Sécuritaire du Kivu wanditse ko kiriya gitero cyabereye ahitwa ‘ Trois Antennes’.

Abagabye kiriya gitero ntibaramenyekana…

Mbere y’uko Ambasaderi yicwa, hari habanje kuvuga amasasu asa n’agamije guhagarika izo modoka zari ‘zishoreranye.’

Amasasu akirangiza kuvuga, itsinda rishinzwe kurinda Pariki ya Virunga n’abasirikare ba DRC bari hafi aho bahise bahurura, urugamba rurarema!

Muri uko kurasana uwari ushinzwe umutekano wa Ambasaderi hamwe n’umushoferi we bahise bahasiga ubuzima, Ambasaderi Luca Attanasio arakomereka cyane.

Uwari ushinzwe umutekano wa Ambasaderi Attanasio yitwa Vittorio Iacovacci naho umushoferi wari ubatwaye yitwa Mustapha ‘Milambo’.

Ambasaderi Luca Attanasio yakomeretse mu nda aza kugwa ku bitaro nyuma y’amasaha make.

Jeune Afrique ivuga ko hari ibibazo byinshi abantu bibaza ku rupfu rwa Ambasaderi Attanasio birimo kwibaza impamvu Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo yemereye ziriya modoka guca mu gace yari izi ko habamo abarwanyi kandi ntizihe ingabo zo kuziherekeza.

Kugeza ubu bivugwa ko abagabye kiriya gitero ari abarwanyi ba FDLR.

Ku rundi ruhande ariko, raporo ya  Baromètre sécuritaire du Kivu ivuga ko muri mu Ntara za Kivu, Ituri, na Tanganyika hari  imitwe y’abarwanyi 122.

Ambasaderi Luca Attanasio yapfuye afite imyaka 43 y’amavuko. Yatangiye akazi ko guhagararira u Butaliyani muri DRC mu mwaka wa 2019.

Urupfu rwe rwababaje kandi rurakaza Leta y’u Butaliyani.

Perezida wabwo bwana Sergio Mattarella yavuze ko urupfu rwa Ambasaderi Attanasio ari igikorwa kigayitse kandi kibabaje.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa DRC Madamu Marie Tumba Nzeza nawe yavuze ko igihugu cye kibabajwe n’ibyabaye kuri Ambasaderi Attanasio ndetse yasuye umugore n’abana ba nyakwigendera.

TAGGED:AmbasaderiAttanasioFDLRfeaturedKivuWFP
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Emmanuel Macron ‘Azasura’ U Rwanda
Next Article RURA Yongeye Gushyirwaho Igitutu Ngo Yisubireho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ish Kevin Yinjiye Mu Bufatanye N’Ikigo Gikomeye Gicuruza Umuziki Ku Isi

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?