Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Federasiyo Z’Imikino Ziyemeje Gufasha Minisitiri Mushya Wa Siporo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Federasiyo Z’Imikino Ziyemeje Gufasha Minisitiri Mushya Wa Siporo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2024 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’ibiganiro abayobora Federasiyo z’imikino itandukanye bagiranye na Minisitiri wa Siporo mushya ari we Richard Nyirishema, bavuze ko bagiye guhuza imbaraga kugira ngo siporo zose zitere imbere, bamufashe mu kazi ke.

Ku wa Mbere taliki 19, Kanama, 2024 nibwo Minisitiri Nyirishema hamwe na bagenzi be barahiriye gukora neza inshingano zabo, indahiro yakiriwe na Perezida Paul Kagame.

Mu kiganiro yahaye RBA icyo gihe, yavuze ko azibanda mu kunoza imikoranire n’abafatanyabikorwa no kongera imbaraga mu byo uwo yasimbuye Aurore Mimosa Munyangaju atujuje.

Bidatinze Richard Nyirishema yakoranye inama n’abayobora federasiyo zose za siporo kugira ngo bamenyane kandi bafatire hamwe icyerekezo bumva siporo igomba kugira mu Rwanda.

Bamwijeje ko bazahuza imbaraga bagasenyera umugozi umwe kugira ngo bagere ku ntego yo kuzamura siporo ikagera ku rwego rwishimirwa n’Abanyarwanda.

Bamwijeje kuzakorana nawe mu nyungu za siporo y’u Rwanda

Bimwe mubitegereje Nyirishema ngo abikemure mu gihe cyose azamara ari Minisitiri wa siporo ni ukubaka ibikorwaremezo by’imikino henshi mu Rwanda, bikegerezwa urubyiruko kandi akamenya gukorana neza n’abayobora za Federasiyo kugira ngo hirindwe amakosa yakunze kuzigaragaramo agateza sakwe sakwe mu itangazamakuru n’ahandi.

Umwe mu mikino ivugwamo ibibazo ni umupira w’amaguru, bikavugwa cyane cyane mu misifurire, mu gutegura abakiri bato bagomba kuzavamo abakinnyi bakomeye no mikorere y’ubuyobozi bw’amakipe ijya ivugwamo ibibazo n’abasifuzi birukanwa bidakurikije amategeko bigateza ibibazo.

Siporo yo mu Rwanda kandi yigeze kuvugwamo ruswa n’indi mikorere igongana n’amategeko.

Si mu mukino w’umupira w’amaguru gusa kuko no muri siporo yo gutwara amagare naho ibintu atari shyashya.

Muri Basketball naho byigeze kuhavugwa.

TAGGED:featuredFederasiyoImikinoNyirishemaSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tchad: Imyuzure Yahitanye Abantu 54
Next Article DRC: Abantu 200 Baburiwe Irengero Nyuma Yo Kurohama
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?