Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Federasiyo Z’Imikino Ziyemeje Gufasha Minisitiri Mushya Wa Siporo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Federasiyo Z’Imikino Ziyemeje Gufasha Minisitiri Mushya Wa Siporo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2024 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’ibiganiro abayobora Federasiyo z’imikino itandukanye bagiranye na Minisitiri wa Siporo mushya ari we Richard Nyirishema, bavuze ko bagiye guhuza imbaraga kugira ngo siporo zose zitere imbere, bamufashe mu kazi ke.

Ku wa Mbere taliki 19, Kanama, 2024 nibwo Minisitiri Nyirishema hamwe na bagenzi be barahiriye gukora neza inshingano zabo, indahiro yakiriwe na Perezida Paul Kagame.

Mu kiganiro yahaye RBA icyo gihe, yavuze ko azibanda mu kunoza imikoranire n’abafatanyabikorwa no kongera imbaraga mu byo uwo yasimbuye Aurore Mimosa Munyangaju atujuje.

Bidatinze Richard Nyirishema yakoranye inama n’abayobora federasiyo zose za siporo kugira ngo bamenyane kandi bafatire hamwe icyerekezo bumva siporo igomba kugira mu Rwanda.

Bamwijeje ko bazahuza imbaraga bagasenyera umugozi umwe kugira ngo bagere ku ntego yo kuzamura siporo ikagera ku rwego rwishimirwa n’Abanyarwanda.

Bamwijeje kuzakorana nawe mu nyungu za siporo y’u Rwanda

Bimwe mubitegereje Nyirishema ngo abikemure mu gihe cyose azamara ari Minisitiri wa siporo ni ukubaka ibikorwaremezo by’imikino henshi mu Rwanda, bikegerezwa urubyiruko kandi akamenya gukorana neza n’abayobora za Federasiyo kugira ngo hirindwe amakosa yakunze kuzigaragaramo agateza sakwe sakwe mu itangazamakuru n’ahandi.

Umwe mu mikino ivugwamo ibibazo ni umupira w’amaguru, bikavugwa cyane cyane mu misifurire, mu gutegura abakiri bato bagomba kuzavamo abakinnyi bakomeye no mikorere y’ubuyobozi bw’amakipe ijya ivugwamo ibibazo n’abasifuzi birukanwa bidakurikije amategeko bigateza ibibazo.

Siporo yo mu Rwanda kandi yigeze kuvugwamo ruswa n’indi mikorere igongana n’amategeko.

Si mu mukino w’umupira w’amaguru gusa kuko no muri siporo yo gutwara amagare naho ibintu atari shyashya.

Muri Basketball naho byigeze kuhavugwa.

TAGGED:featuredFederasiyoImikinoNyirishemaSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tchad: Imyuzure Yahitanye Abantu 54
Next Article DRC: Abantu 200 Baburiwe Irengero Nyuma Yo Kurohama
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imikino

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?