Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FERWACY Yikomye Abategura Amasiganwa Y’Igare Batayimenyesheje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

FERWACY Yikomye Abategura Amasiganwa Y’Igare Batayimenyesheje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 July 2022 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Federasiyo nyarwanda y’umukino w’amagare, FERWACY, bwasabye abakora umukino w’amagare kwirinda gutegura amarushanwa batabanje kubumenyesha.

Perezida wa FERWACY Bwana Abdallah Murenzi yabwiye Taarifa ko impamvu yatumye batangaza ko biriya bitemewe, ari uko hari ubwo abantu bazinduka mu gitondo ugasanga bateguye irushanwa bari gutwara igare kandi nta muyobozi muri FERWACY ubizi.

Yatubwiye ko intego ya FERWACY ari ukwirinda ko abantu bakora impanuka cyangwa bakazikoresha abandi bakoresha umuhanda.

Ati: “ Ni byiza ko abantu bakora siporo ndetse n’iryo siganwa ntiribujijwe mu by’ukuri ahubwo icyo FERWACY ishaka ni uko batwegera tukungurana ibitekerezo by’uko bigomba kugenda kugira ngo na Polisi ibabe hafi ibashakire umuhanda n’umutekano.”

Abdallah Murenzi

Murenzi yatubwiye ko hari ubwo bajya kumva bakumva abayobozi muri Polisi, ishami ry’umutekano wo mu muhanda, barabahamagaye bababaza iby’itsinda ry’abasiganwa ku igare baciye ahantu runaka.

Avuga ko hari ubwo bajya kureba bagasanga abo bantu ntawe bamenyesheje.

Mu rwego rwo kwirinda ingaruka zo gukora ibintu mu buryo budateguwe, Abdallah Murenzi avuga ko ririya tangazo rigamije gukumira iyo mikorere ijagaraye.

Si isiganwa gusa, ahubwo ngo n’ibikorwa byose by’umukino w’amagare cyangwa ibifitanye isano nawo, bigomba kubanza kumenyeshwa FERWACY.

Itangazo rya FERWACY rivuga ko ariya mabwiriza iyi Federasiyo yasohoye ashingiye ku itegeko No 032/2017 rigena imitunganyirize ya siporo, imikino n’imyidagaduro mu Rwanda.

Itangazo rya FERWACY
TAGGED:AmagarefeaturedFederasiyoFERWACYMurenzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Barashinja REG Kwigabiza Amasambu Yabo
Next Article Perezida Kagame Yongeye Yuzukuruje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?