Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FERWAFA Yasobanuye Urugendo Rw’Amavubi Muri Cameroun
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

FERWAFA Yasobanuye Urugendo Rw’Amavubi Muri Cameroun

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 February 2021 12:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Perezida Kagame aganiriye n’abakinnyi b’Ikipe y’u Rwanda Amavubi mu mpera z’Icyumweru gishize, kuri uyu wa Gatatu Minisiteri ya Siporo hamwe n’ubuyobozi bw’Amavubi bari guha ikiganiro abanyamakuru.

Kankindi yavuzweho kubangamira abanyamakuru bari baherekeje Amavubi

Muri iki kiganiro kiyobowe n’uwagiye ayoboye Itsinda ry’u Rwanda Madamu Kankindi Lize, Umutoza mukuru w’Amavubi  Vincent Mashami yavuze ko Amavubi akeneye kugira uburyo buhagije kugira ngo akomeze atsinde.

Avuga ko uwo ari we wese uzatoza Amavubi agomba kwita kuri iyo ngingo.

Madamu Kankindi uyoboye iki kiganiro yavuzwe kutorohera abanyamakuru bajyanye n’Amavubi muri Cameroun.

Bamwe mu banyamakuru baherekeje  ikipe y’Amavubi baherutse gutangaza ko Kankindi Lize yababereye urucantege  kandi ngo byagize ingaruka ku mikinire y’Amavubi muri rusange.

Mu kiganiro “Urukiko” gitambuka kuri Radio 10, umunyamakuru waserukiye iki gitangazamakuru aherutse kugaragaza  ko ikipe y’igihugu yagiye iyobowe n’umuntu utamenyereye gukorana na bagenzi be by’umwihariko itangazamakuru, bigera aho igitutu cye kinagira ingaruka ku ikipe y’igihugu.

Uyu munyamakuru yavuze ko byatangiye bakiri i Nyamata aho bari bacumbitse muri imwe muri Hotel z’aho ubwo umwe mu banyamakuru yafotoraga umwambaro ikipe y’igihugu yagiye yambaye akawumurika ku mbuga nkoranyambaga ze.

Icyo gihe Kankindi Alida Lize, usanzwe ari umuyobozi ushinzwe gucunga umutungo muri FERWAFA, yagaragarije uwo munyamakuru ko akoze amakosa yo gushyira hanze uyu mwambaro.

Byakozwe mu buryo bwateje umwiryane hagati ye n’uwo munyamakuru.

Muri kiriya kiganiro hibanzwe  ku makosa yaranze uyu muyobozi, yanatumye hari aho ikipe y’igihugu yagiye iba igitaramo ku mbuga nkoranyambaga.

Umunyamakuru wari uhagarariye Radio 10 ati: “Tukigera hano kugira ngo abantu bumve ko umuriro watse umunsi wa mbere tukigera kuri Hotel, Kankindi Alida Lize yaraje aratubwira ngo ‘bambwiye ko mwebwe (abanyamakuru) mudashobotse mwananiranye.’

Kankindi yisobanuye…

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu, Kinkinsi Alida Lize yavuze ko ibyakozwe ubwo yari ayoboye Amavubi byose byari mu rwego rwo kurinda ko abanyamakuru, abakinnyi n’abandi bandura COVID-19.

Avuga ko iyo hatabaho ziriya ngamba Abanyarwanda bari bwandurire muri Cameroun kuko abenshi mu batuye kiriya gihugu batita ku ngamba zo kwirinda COVID-19.

Yavuze ko abatishimiye uko yayoboye itsinda ryaherekeje Amavubi bagomba kwibuka ko hari ubwo bisaba kutajenjeka kugira ngo ibintu bikorwe neza.

Ati: “ Ntabwo abantu bakira ibintu kimwe ariko hari igihe bisaba gukora ibintu ushyizwemo imbaraga kugira ngo bigende neza.”

Kankindi avuga ko ibyakozwe byose byari mu nyungu z’Abanyarwanda bari baherekeje Amavubi.

Kankindi yavuze ko ibyakozwe byose byari mu nyungu z’Amavubi n’abayaherekeje
TAGGED:FERWAFAKankindi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri UN Impaka Ni Nyinshi Ku Guha Intwaro Centrafrique
Next Article Intambara Iratutumba Hagati Ya Ethiopia Na Sudan
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?