Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FPR-Inkotanyi Mu Ntara Y’Amajyepfo Irasaba Kagame Gukomeza Kuyobora u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

FPR-Inkotanyi Mu Ntara Y’Amajyepfo Irasaba Kagame Gukomeza Kuyobora u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2023 11:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyamuryango ba FPR -Inkotanyi mu Murenge wa Busasamana uri mu Karere ka Nyanza baherutse guhura bizihiriza hamwe imyaka 35 Umuryango FPR –Inkotanyi umaze ushinzwe.

Kimwe mu byo basabye ubuyobozi bukuru ni uko Paul Kagame yakomeza kuyobora u Rwanda.

Bavuga ko ibyo yabagejejeho ari byinshi bityo ko yakomereza muri uwo mujyo.

Enock Nkurunziza Chairperson w’Umuryango FPR –Inkotanyi ku rwego rw’Umurenge wa Busasamana avuga ko ibyo bagezeho muri uriya murenge ari byinshi.

Birimo inganda, agakiriro n’ibindi.

Avuga ko bamaze kuva mu bwigunge bari bamaze mo igihe kirekire.

Bakurikije ibyo bamaze kugeraho, basanga Perezida wa Repubulika Paul Kagame akomeje  kuyobora umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’igihugu ndetse n’igihugu ubwacyo byagirira benshi akamaro karambye.

Uwitwa Munyambonwa John yabwiye bagenzi bacu b’ UMUSEKE bakorera i Nyanza ati: “Nyakubahwa Perezida Paul Kagame Chairman w’Umuryango ku rwego rw’igihugu ndamusaba ko yakomeza kutuyobora, akaguma ku isonga kugira ngo akomeze ahuze Abanyarwanda nk’uko abikora, kandi ibikorwa by’iterambere ry’Abanyarwanda amaze kutugezaho byanakomeza kwihuta.”

Chairperson w’Umuryango FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo akaba na Guverineri w’iyi Ntara y’Amajyepfo Alice Kayitesi avuga ko icyifuzo cy’abanyamuryango bo muri Nyanza gifite ishingiro.

Icyakora hari ibyo asaba:

Kayitesi ati: “Turabasaba gukomeza kugira ubufatanye, ariko no kuba abanyamuryango beza b’intangarugero bahamya koko ubunyamuryango bwabo, bugaragaza ko koko ari Inkotanyi nyazo, bitabira gahunda za Leta ziba zabashyiriweho bakabera abandi urugero rwiza.”

Umurenge wa Busasamana ugizwe n’utugari dutanu.

Muri uyu Murenge hari kubakwa ingoro y’Umuryango RPF-Inkotanyi ku rwego rw’Intara n’Akarere.

TAGGED:featuredFPRInkotanyiIntaraKagameKayitesiNyanzaPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abapadiri Bashobora Kwemererwa Kurongora ‘Ku Mugaragaro’
Next Article Muhanga: Ntibarasobanukirwa Ibibazo Bireba Umuvunyi N’Ibireba Ubuyobozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?