Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: François Bozizé Aho Yihishe Abayeho Ate?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

François Bozizé Aho Yihishe Abayeho Ate?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 April 2021 7:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
President of the Central African Republic Francois Bozize speaks to the media at the presidential palace in Bangui, Central African Republic Tuesday, Jan. 8, 2013. (AP Photo/Ben Curtis)
SHARE

Uyu mugabo wigeze kuyobora Centrafrique ubu aba mu ishyamba rito rituranye na Pariki ya Nana-Barya n’iya Bamingui mu gace kitwa Kabo muri Centrafrique.

Afite abantu barenga 30 bashinzwe kwita ku buzima bwe ni ukuvuga abateka, abatunganya aho yaraye n’abashinzwe kumurinda.

Uyu mugabo wahoze afite ipeti rya Jenerali afite ubuzima budahambaye kuko arara kuri matelas nto n’udukoresho duke two kwifashisha mu isuku.

N’ubwo ari uko bimeze ariko, François Bozizé afite ubuzima bwiza mu rugero runaka kuko atakinywa inzoga kandi arya inyama nke cyane.

Akenshi arya indyo ikize ku mboga no ku mbuto.

Umwe muri bene wabo yabwiye Jeune Afrique ati: “ Hashize igihe rwose atarya inyama kandi bisa n’aho kuba mu ishyamba bitamutera ikibazo gikomeye.”

Ikindi ni uko aho aba mu ishyamba afite telefoni akoresha aganira n’abantu bake b’inkoramutima ze, rimwe na rimwe bakaganirira no kuri WhatApp.

Uyu mugabo kandi bisa n’aho nta kintu yishisha kuko akunda gutembera mu bice bituriye umupaka ugabanya Centrafrique na Tchad.

Ahantu yihishe haritaruye kandi hagoye kuhagera kubera pariki  zihakikije.

Kubera impamvu z’umutekano we, nta muntu wo mu muryango we aheruka kwikoza!

Bozizé kandi akunda gukurikirana hafi imikorere y’ishyaka rye, Kwa Na Kwa( KNK).

Aka kazi agafatanya no guhuza ibikorwa bya gisirikare n’ibya Politiki by’impuzamashyaka Coalition des Patriotes pour le Changement(CPC) .

Iri huriro ariko rigeze ahabi kuko abasirikare ba Centrafrique, ab’u Rwanda n’u Burusiya baciye intege abarwanyi babo ndetse bamwe bahitamo kwitandukanya nabo.

Babiri bakomeye muri bo ni Sadiki Abbas, na Ali Darassa.

Kuba Bozizé ari umusirikare wo mu bihe bya Jean-Bedel Bokassa, bituma afatwa nk’umuntu wo kwitondera kuko amenyereye urugamba, haba mu kururwana no mu kurutegura.

Ibi bituma abantu bagomba kwitega ko bitinde bitebuke, igihe cyose azaba akiriho ashobora kuzagaruka ashaka ubutegetsi.

Igihe cyose yagiye abyerekana kuko muri 2001 yigeze kugerageza guhirika Ange Felix  Patassé.

Iyo adatabarwa na Muhamar Khadafi na Jean Pierre Bemba kaba karamubayeho.

Ange Felix Patasse

Igihe ariko nanone cyaje kugera arahunga, ajya i Niamey muri Niger, icyo gihe hari tariki 15, Werurwe, 2003.

Aha naho haje kuhava nyuma y’uko abe ba hafi bamuvagaho akajya i Lomé muri Togo.

Uko bimeze kose ariko igihe cyose François Bozizé azaba akiriho ntazashirwa atayoboye Centrafrique.

TAGGED:BozizeCentrafriqueFrancoisInyeshyambaParikiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kevin Muhire Yagarutse Muri Rayon Sports
Next Article Gen Ndayirukiye Wari Mu Bagerageje Guhirika Perezida Nkurunziza Yaguye Muri Gereza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ish Kevin Yinjiye Mu Bufatanye N’Ikigo Gikomeye Gicuruza Umuziki Ku Isi

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?