Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gaby Kamanzi Avuga ko Imana Izakomeza Kurinda U Rwanda Kuko Irukunda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Gaby Kamanzi Avuga ko Imana Izakomeza Kurinda U Rwanda Kuko Irukunda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2024 9:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi ukora indirimbo zihimbaza Imana witwa Gaby Kamanzi avuga ko kuba u Rwanda rwarubatswe rukaba rugeze aho ruri ari ukuboko kw’Imana rubikesha.

Avuga ko Imana ikunda u Rwanda kandi ko igihe cyose Abanyarwanda bazakomeza kuyubaha, nayo izabahesha icyuabahiro mu mahanga.

Ati: “ Aho twavuye ni kure, u Rwanda hari aho rugeze. Imana iracyahari, iracyagukunda kandi kuba uri ho si impanuka kuko Imana iracyagufitiye umugambi”.

Kamanzi abwira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ko kuba batarapfuye, bakaba bakiriho bagifite ubushobozi bwo guhumeka bagakora bakiteza imbere, byose ni ukubera Imana kandi ngo ni ikimenyetso cy’uko ibakunda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yungamo ko Imana y’u Rwanda ikurunda u Rwanda cyane ku buryo itazemera ko hari uwarukoraho.

Gabby Kamanzi avuga ko Imana y’u Rwanda irukunda cyane k’uburyo izakomeza kururinda ibihe byose.

Irene Gaby Kamanzi Ingabire ni umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana usanzwe ukorera mu rusengero rwa Kimisagara muri Restoration Church.

Yarize kuko afite impamyabumenyi mu icungamutungo yakuye muri Kaminuza yigenga ya Kigali. Mu mwaka wa 1997 nibwo yatangiye  kuririmba ari kumwe n’abandi murumuna we ndetse na mubyara we bashinga itsinda bise ‘Singiza’.

Yaje kujya muri Korali akomeza kuririmba. Mu mwaka wa 1999 yaje gukunda uburyo umuhanzi wo muri Australia witwa Darlene Zschech yaririmbiraga mu idini ryAbapantekoti mu kitwa Hillsong Church ya Australia biza gutuma ava muri rya tsinda rya Singiza ahubwo ajya mu itsinda ry’abaramyi bo mu idini yari yayobotse.

- Advertisement -

Yageze muri iryo tsinda aribera umuyobozi, akajya aririmba indirimbo yiyandikiye kandi akomeza gukora cyane ngo azamere nka Darlene yumvaga ko amubereye icyitegererezo.

Mu mwaka wa 2005 yagiye mu Burundi atangira kuhatunganyiriza alubumu ye ariko ahura n’ikibazo cy’uko uwamukoreraga indirimbo witwa Aron Nitunga we yari ari muri Canada.

Mu mwaka wa 2009 nibwo Gaby Kamanzi yasohoye indirimbo yise ‘Amahoro’ irakundwa kuva ubwo kugeza n’ubu.

Ni umwe mu bahanzi bakoze indirimbo zihimbaza Imana zakunzwe kugeza n’ubu.

TAGGED:featuredImanaIndirimboKamanziUrukundo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Ibendera Ryari Ku Kagari Ryibwe
Next Article Umuti Ukorerwa Muri Afurika Y’Epfo Waciwe Ku Isoko Ry’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?