Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: GAERG Igerageza Guhagarika Ihererekanywa Ry’Ibikomere Bya Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

GAERG Igerageza Guhagarika Ihererekanywa Ry’Ibikomere Bya Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2023 3:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG, wahembye abanyeshuri batsinze amarushanwa yo gukora ibihangano ku buzima bwo mu mutwe. Umukozi Ushinzwe Ubuzima bwo mu Mutwe muri GAERG, Uwase Nelly Queen avuga ko bakora ibi mu rwego rwo guhagarika ihererekanywa ry’ibikomere.

Ayo marushanwa yabaye binyuze mu mushinga ’Baho Neza’ ukorere mu Turere twa Bugesera na Gasabo ugamije gukurikirana abantu bafite ibibazo byo mu mutwe.

Abitabiriye ayo mahugurwa ni abanyeshuri bo mu mashuri umunani.

Mu guhiganwa, abanyeshuri bahawe insanganyamatsiko ivuga ku buzima bwo mu mutwe, bakabikora batanga ubutumwa binyuze mu mivugo, inkuru zanditse, izishushanyije, imbyino n’ibindi.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo harangijwe ayo marushanwa, abanyeshuri bahize abandi mu gukora ibihangano bitanga ubutumwa ku buzima bwo mu mutwe, bahabwa ibihembo birimo ibikoresho by’ishuri birimo amakaye, amakaramu n’ibindi.

Umukozi ushinzwe ubuzima bwo mu Mutwe muri GAERG, Uwase Nelly Queen, yavuze ko bategura aya marushanwa kugira ngo abakiri bato babashe gusobanukirwa byimbitse n’ubuzima bwo mu mutwe n’ibibwangiza.

Nelly Uwase Queen avuga ko muri GAERG baharanira ko abantu bagira ubuzima bwiza bwo mu mutwe.

Avuga ko bagombaga kubikora bashingiye kubyo bazi mu mateka y’Abanyarwanda kuko hari byinshi byabashegeshe.

Ati: “Na none ntabwo uba ugomba kwirengagiza abakiri bato nabo bakeneye kumva ubu butumwa kuko tuba dusa n’abahagarika ihererekanywa ry’ibikomere. Dufite umubare munini w’abakuze babifite, rero turashaka uburyo twarica tugera mu bana bato tukabibarinda.”

Avuga ko binyuze mu bihangano abakiri bato bakora, bituma basobanukirwa byinshi mu mateka y’Abanyarwanda bakamenya uko babungabunga ubuzima bwabo bwo mu mutwe n’igihe bwangiritse bakamenya uko bakira ibyo ibikomere.

Ubuyobozi bwa GAERG buvuga ko ariya marushanwa aba buri mwaka mu mashuri atandukanye ndetse hanashyizweho amatsinda ya ’Baho Neza’ akora mu kubungabunga ubuzima bwo mu mutwe.

Bakinnye berekana ko inzoga zituma abantu batakaza ubwenge
TAGGED:featuredGAERGGuhungabanaJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Riderman Ati: Wakwanga Ute Bruce Melodie?
Next Article Hari Indi COVID ‘Ishobora’ Gukwira Isi Mu Gihe Kiri Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?